Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in MU RWANDA
0
Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugabutumwa Harelimana Joseph uzwi nka Apôtre Yongwe uherutse kurekurwa nyuma yo gukatirwa igifungo cy’umwaka umwe usubitse, avuga ko atarakira ko ari mu buzima busanzwe, kuko ajya anacikwa akabwira umugore we ati “Hano i Mageragere bigenda gutya na gutya.”

Apôtre Yongwe yafunguwe mu cyumweru gishize, nyuma yo guhamywa icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ariko agakatirwa igifungo cy’umwaka umwe usubitse ndetse no gutanga ihazabu y’ibihumbi 750.

Ni nyuma n’igice cy’umwaka afunzwe, kuko yatawe muri yombi mu ntangiro z’Ukwakira 2023, aho yari afungiye mu Igororero rya Nyarugenge rizwi nka Mageragere.

Uyu mukozi w’Imana, avuga ko mu cyumweru kimwe amaze hanze, atarakira ko yafunguwe. Ati “Nk’ubu hari igihe mba ndi kuganira na madamu, nkamubwira nti ‘abantu nkatwe dufunze hano i Mageragere rero bigenda gutya na gutya’ cyangwa ukumva urabyutse mu gitondo ukavuga uti ‘ese ubu kuri visite ni inde uzaza kunsura?’ kandi ndi mu rugo.”

Yongwe avuga ko nubwo atarakira ko yasohotse, ariko yasohokanye imishinga migari yo gukomeza gukorera Imana mu kazi ke k’ivugabutumwa.

Ati “Nk’Umukozi w’Imana ngomba gukomera, ngomba kugera kure, ngomba guhindura ibintu mu gihe gitoya kandi naje nyine.”

 

Amaturo yafungiwe ntazabura kuyarya

Ku bijyanye n’amaturo ari na yo afitanye isano n’ifungwa rye, Apôtre Yongwe avuga ko atazabura gukomeza kuyakira, ahubwo ko ikizahinduka ari uburyo yayakiraga.

Ati “Ntabwo Leta yakuyeho amaturo ahubwo natangwe mu nzira nziza, n’umuntu natanga ituro namenye ko ituro arituye Imana atarituye Pasiteri. Pasiteri na we narya ya maturo, nayarye asengere intama anazikunde hanyuma akore inshingano zabo.”

Uyu muvugabutumwa avuga ko atari we wenyine urya amaturo, ahubwo ko ari we wabyemeraga akanabivuga mu itangazamakuru, ariko ko ubu “ninarirya sinzavuga ko naririye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 6 =

Previous Post

Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?

Next Post

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.