Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in MU RWANDA
0
Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugabutumwa Harelimana Joseph uzwi nka Apôtre Yongwe uherutse kurekurwa nyuma yo gukatirwa igifungo cy’umwaka umwe usubitse, avuga ko atarakira ko ari mu buzima busanzwe, kuko ajya anacikwa akabwira umugore we ati “Hano i Mageragere bigenda gutya na gutya.”

Apôtre Yongwe yafunguwe mu cyumweru gishize, nyuma yo guhamywa icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ariko agakatirwa igifungo cy’umwaka umwe usubitse ndetse no gutanga ihazabu y’ibihumbi 750.

Ni nyuma n’igice cy’umwaka afunzwe, kuko yatawe muri yombi mu ntangiro z’Ukwakira 2023, aho yari afungiye mu Igororero rya Nyarugenge rizwi nka Mageragere.

Uyu mukozi w’Imana, avuga ko mu cyumweru kimwe amaze hanze, atarakira ko yafunguwe. Ati “Nk’ubu hari igihe mba ndi kuganira na madamu, nkamubwira nti ‘abantu nkatwe dufunze hano i Mageragere rero bigenda gutya na gutya’ cyangwa ukumva urabyutse mu gitondo ukavuga uti ‘ese ubu kuri visite ni inde uzaza kunsura?’ kandi ndi mu rugo.”

Yongwe avuga ko nubwo atarakira ko yasohotse, ariko yasohokanye imishinga migari yo gukomeza gukorera Imana mu kazi ke k’ivugabutumwa.

Ati “Nk’Umukozi w’Imana ngomba gukomera, ngomba kugera kure, ngomba guhindura ibintu mu gihe gitoya kandi naje nyine.”

 

Amaturo yafungiwe ntazabura kuyarya

Ku bijyanye n’amaturo ari na yo afitanye isano n’ifungwa rye, Apôtre Yongwe avuga ko atazabura gukomeza kuyakira, ahubwo ko ikizahinduka ari uburyo yayakiraga.

Ati “Ntabwo Leta yakuyeho amaturo ahubwo natangwe mu nzira nziza, n’umuntu natanga ituro namenye ko ituro arituye Imana atarituye Pasiteri. Pasiteri na we narya ya maturo, nayarye asengere intama anazikunde hanyuma akore inshingano zabo.”

Uyu muvugabutumwa avuga ko atari we wenyine urya amaturo, ahubwo ko ari we wabyemeraga akanabivuga mu itangazamakuru, ariko ko ubu “ninarirya sinzavuga ko naririye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?

Next Post

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.