Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

radiotv10by radiotv10
07/10/2021
in MU RWANDA
0
Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini no kugenzura amashuri (NESA) arizeza abarimu bakosoye ibizamini bya Leta ko amafaranga bakoreye azaba yabagezeho mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri biri imbere.

Ibi bije nyuma y’uko aba barimu bakomeje kuvuga ko bakeka ko amafaranga bakoreye ari gucuruzwa.

Abarimu bo mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko ukwezi kurenga gushize bakosoye ibizamini bya Leta, ariko bakaba batarishyurwa.

Umwe yagize ati “Twarakosoye none tumaze ukwezi kurenga bataraduha ayo twakoreye, biteye agahinda rwose, kandi batwizezaga ko tuzarangiza bayaduha”

Aba barimu kandi bavuga ko babangamiwe no kuba Umwarimu SACCO ibakata 3% by’inyungu iyo batse umusogongero kuri aya mafaranga bakosoreye.

Undi nawe yagize ati “Kugira ngo batwikize badusabye ko twajya kwaka amafaranga mu mwarimu SACCO ariko dutungurwa no kuba badusaba gufata 75% nayo bagakataho 3% , ubuse amafaranga y’ikiraka bayakata bate?”

Bamwe muri aba barimu bavuga ko babajwe no kuba batazabona amafaranga y’ishuri y’abana babo kandi nyamara Leta ibafitiye ayo bakosoreye.

Umwe ati “Nkanjye abana banjye baratsinze ndasabwa ibihumbi hafi magana ane ndayakura he? ubwo Ngiye kubajyana muri 9 years na 12years nta yandi mahitamo mfite kandi nakoreye leta bandimo hafi ibihumbi magana ane ariko ni ukuzayabona Yesu agarutse “

Undi nawe avuga ko bifuza ko nk’uko bakora akazi neza kandi ku gihe, NESA yajya ibahembera ku gihe kugira ngo badahura n’ibibazo by’ubukene nk’ibirimo kubabaho kandi barakoze.

Umuyobozi mukuru wa NESA, Dr. Bahati Bernard avuga ko NESA yakoze ibishoboka byose ngo igihe abarimu bategerereza aya mafaranga kigabanuke. Agatanga icyizere ko mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri aya mafaranga azaba yageze kuri ba nyirayo.

Ati “Turabumva ko ari ikibazo ariko NESA twakoze ibishoboka byose ngo twishyurire ku gihe ariko ni akazi katoroshye ariko twakoze ibishoboka byose ubu lisiti twazishyikirije Minisiteri y’imari n’igenambigambi niyo igomba kwishyura, bihangane mu byumweru bibiri cyangwa kimwe tuzaba twabishyuye”

Abarimu bakosoye ibizamini bya leta bararenga ibihumbi icyenda. Amafaranga yose hamwe bagomba guhembwa uyu mwaka abarirwa muri miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda nk’uko Dr. Bahati abisobanura. Buri mukosozi ahembwa hakurikijwe umubare w’amakayi y’ibizamini yakosoye.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + two =

Previous Post

Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba

Next Post

Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.