Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yahawe igihembo gitangirwa muri UAE

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yahawe igihembo gitangirwa muri UAE
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, Ines Mpambara, yagenewe igihembo cy’Umuyobozi mwiza muri za Guverinoma (Best Distinguished Government Official) cyatangiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu.

Ni igihembo yagenewe mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu hari hateraniye Ihuriro rizwi nka Sharjah Government Communication Forum, risanzwe rihuriza hamwe abakora mu bijyanye n’itumanaho muri za Guverinoma.

Ines Mpambara yagenewe iki gihembo, nyuma y’uko yari yashyizwe mu bagihataniraga hagendewe ku bunararibonye mu gusangizanya ibitekerezo kuri gahunda za Guverinoma.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, avuga ko “Kuri uyu wa 05 Nzeri, igihembo ‘Best Distinguished Government Official’ cyagenewe Minisitiri muri Primature Ines Mpambara, cyakirwa na Amb. John Mirenge.”

Ines Mpambara mu kwezi gushize ubwo yari agiye kurahira kongera kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda

Ines Mpambara winjiye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe muri 2020 nka Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, asanzwe afite ubunararibonye mu bijyanye n’itumanaho, dore ko yanayoboye Ishuri ry’Itangazamakuru mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, akaba yarabaye n’umwarimu muri iyi kaminuza mu ishami ry’itangazamakuru n’itumanaho.

Mbere yo kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda, Ines Mpambara yabaye Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuva mu kwezi k’Ukuboza 2011.

Iri huriro ‘Sharjah Government Communication Forum’ ryageneye igihembo Ines Mpambara, ryatangijwe muri 2012 n’ikigo Sharjah Government Media Bureau.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Umunyamakuru Anita Apendo nyuma yo gusezera aho yakoreraga yabonye ikindi gitangazamakuru agiye gukorera

Next Post

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

Related Posts

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.