Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yahawe igihembo gitangirwa muri UAE

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yahawe igihembo gitangirwa muri UAE
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, Ines Mpambara, yagenewe igihembo cy’Umuyobozi mwiza muri za Guverinoma (Best Distinguished Government Official) cyatangiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu.

Ni igihembo yagenewe mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu hari hateraniye Ihuriro rizwi nka Sharjah Government Communication Forum, risanzwe rihuriza hamwe abakora mu bijyanye n’itumanaho muri za Guverinoma.

Ines Mpambara yagenewe iki gihembo, nyuma y’uko yari yashyizwe mu bagihataniraga hagendewe ku bunararibonye mu gusangizanya ibitekerezo kuri gahunda za Guverinoma.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, avuga ko “Kuri uyu wa 05 Nzeri, igihembo ‘Best Distinguished Government Official’ cyagenewe Minisitiri muri Primature Ines Mpambara, cyakirwa na Amb. John Mirenge.”

Ines Mpambara mu kwezi gushize ubwo yari agiye kurahira kongera kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda

Ines Mpambara winjiye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe muri 2020 nka Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, asanzwe afite ubunararibonye mu bijyanye n’itumanaho, dore ko yanayoboye Ishuri ry’Itangazamakuru mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, akaba yarabaye n’umwarimu muri iyi kaminuza mu ishami ry’itangazamakuru n’itumanaho.

Mbere yo kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda, Ines Mpambara yabaye Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuva mu kwezi k’Ukuboza 2011.

Iri huriro ‘Sharjah Government Communication Forum’ ryageneye igihembo Ines Mpambara, ryatangijwe muri 2012 n’ikigo Sharjah Government Media Bureau.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 10 =

Previous Post

Umunyamakuru Anita Apendo nyuma yo gusezera aho yakoreraga yabonye ikindi gitangazamakuru agiye gukorera

Next Post

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.