Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Ifoto y'umusirikare warashwe muri Kamena 2022

Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wo mu ngabo za Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma yo kubukandagiraho ubwo yirukankanaga abana ashaka kubambura intama bari baragiye.

Uyu musirikare yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022, aho yarasiwe mu Mudugudu wa Cyamabuye mu Kagari ka Rusura Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, tavuze ko uyu Musirikare wa FARDC yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo yarimo yirukanka ku bana bari baragiye intama ashaka kuzibaka, akaza gushiduka yarenze umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abashinzwe umutekano ari barinze umupaka w’u Rwanda, bahise barasa uyu musirikare wari uvogereye ubusugire bw’u Rwanda, ahita ahasiga ubuzima.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig.Gen Ronald Rwivanga yemereye ikinyamakuru Umuseke iby’aya makuru, agira ati “Ni byo. Yambutse binyuranije n’amategeko araraswa.”

Umurambo we wahise unashyikirizwa ubuyobozi n’inzego z’umutekano za Congo, mu gikorwa cyabereye ku Mupaka wa Kabuhanga.

Uyu musirikare yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’ukwezi n’igice undi wa FARDC aharasiwe ubwo yinjiraga ku mupaka uzwi nka Petite Barrière arasa abaturage bambukaga ndetse n’abashinzwe umutekano.

Uwo musirikare warashwe tariki 17 Kamena 2022, na we yahise ahasiga ubuzima, umurambo we na wo ugahita ushyikirizwa inzego za Congo Kinshasa.

Uyu warashwe kuri uyu wa Kane, byabaye nyuma y’umunsi umwe habayeho gukozanyaho hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uku gukozanyaho kwabereye mu giturage cya Murambi muri Teritwari ya Nyiragongo ku wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022 nyuma yuko abasirikare ba Congo bashatse gufasha uwari utwaye magendu kwambuka umupaka mu buryo butemewe kuri borne ya 11.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru twanditse nka RADIOTV10, ivuga ko abasirikare bari ku burinzi kuri uyu mupaka bahise barekurekurira umuriro w’amasasu aba ba Congo hahita habaho gukozanyaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23

Next Post

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.