Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Ifoto y'umusirikare warashwe muri Kamena 2022

Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wo mu ngabo za Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma yo kubukandagiraho ubwo yirukankanaga abana ashaka kubambura intama bari baragiye.

Uyu musirikare yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022, aho yarasiwe mu Mudugudu wa Cyamabuye mu Kagari ka Rusura Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, tavuze ko uyu Musirikare wa FARDC yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo yarimo yirukanka ku bana bari baragiye intama ashaka kuzibaka, akaza gushiduka yarenze umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abashinzwe umutekano ari barinze umupaka w’u Rwanda, bahise barasa uyu musirikare wari uvogereye ubusugire bw’u Rwanda, ahita ahasiga ubuzima.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig.Gen Ronald Rwivanga yemereye ikinyamakuru Umuseke iby’aya makuru, agira ati “Ni byo. Yambutse binyuranije n’amategeko araraswa.”

Umurambo we wahise unashyikirizwa ubuyobozi n’inzego z’umutekano za Congo, mu gikorwa cyabereye ku Mupaka wa Kabuhanga.

Uyu musirikare yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’ukwezi n’igice undi wa FARDC aharasiwe ubwo yinjiraga ku mupaka uzwi nka Petite Barrière arasa abaturage bambukaga ndetse n’abashinzwe umutekano.

Uwo musirikare warashwe tariki 17 Kamena 2022, na we yahise ahasiga ubuzima, umurambo we na wo ugahita ushyikirizwa inzego za Congo Kinshasa.

Uyu warashwe kuri uyu wa Kane, byabaye nyuma y’umunsi umwe habayeho gukozanyaho hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uku gukozanyaho kwabereye mu giturage cya Murambi muri Teritwari ya Nyiragongo ku wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022 nyuma yuko abasirikare ba Congo bashatse gufasha uwari utwaye magendu kwambuka umupaka mu buryo butemewe kuri borne ya 11.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru twanditse nka RADIOTV10, ivuga ko abasirikare bari ku burinzi kuri uyu mupaka bahise barekurekurira umuriro w’amasasu aba ba Congo hahita habaho gukozanyaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23

Next Post

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.