Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America yifatanyije na Israel, ikagaba ibitero ku bikorwa by’ingufu za Nikeleyeri bya Iran, iki Gihugu cyatangaje ko Amarica yahise yiyongera ku rutonde rw’aho cyemerewe kurasa za misile.

Ebrahim Zolfaqari, Umuvugizi w’Icyicaro Gikuru cya gisirikare cya Iran kizwi nka Khatam al-Anbiya, yagize ati “Bwana Trump, wa munyarusimbi we (the gambler), utangije iyi ntambara, ariko ni twe tuzayirangiza.”

Ebrahim Zolfaqari atangaje ibi mu gihe Isi yose yari itegereje igisubizo cya Tehran ku gitero Leta Zunze Ubumwe za America zagabye ku bikorwa bya Nikeleyeri bya Iran mu mpera z’icyumweru, ndetse ni igitero Perezida Trump yavuze ko gishobora no guhirika ubutegetsi bwa Iran buriho ubu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe Truth Social, ku byerekeye ibitero byagabwe na America, Perezida Trump yagize ati “Habayeho kwangirika gukomeye cyane ku bikorwa byose bya nikeleyeri byo muri Iran.”

Yakomeje agira ati “Ahangiritse cyane ni ahantu hihishe cyane mu butaka. Twahageze neza.”

Trump kandi yasabye Iran kwirinda gukora igikorwa cyo kwihimura, avuga ko Leta Iran “igomba noneho gushaka amahoro”, kuko ibitero byakurikira “byaba bikomeye cyane kurushaho kandi ko byoroshye cyane kubikora.” Ibintu byateye impungenge ku rwego mpuzamahanga z’uko intambara mu Burasirazuba bwo Hagati ishobora gukomeza kwiyongera.

Umugaba Mukuru w’Angabo za America, General Dan Caine, yabwiye abanyamakuru ko America yohereje ibisasu 75 bifite ubushobozi bwo kugera ku ntego mu buryo bwihariye, harimo n’ibisasu bisenya ibikorwa biri mu butaka (bunker-buster bombs), hamwe na misile 24 zo mu bwoko bwa Tomahawk, byose byagabwe ku bikorwa bitatu bya Nikeleyeri bya Iran.

Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kugenzura ibikorwa bya Nikeleyeri ku Isi, n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mutekano wa Nikeleyeri (IAEA), batangaje ko nta ngaruka ziragaragara zatewe n’iraswa ry’ibikorwa bya Nikleyeri muri Iran nyuma y’ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za America.

Umwe mu bayobozi bakuru muri Iran yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko Uranium yari yarongerewe ubushobozi ku kigero cyo hejuru cyane mu ruganda rwa Fordow yari yarimuwe mbere y’igitero, Tehran, ihakana ko nta yindi ntego ifite yo gukora Nikeleyeri uretse iyo kuyikoresha mu buryo bw’amahoro.

Nyuma yo kugabwayo ibitero na Amerika Iran nayo yahise itera ibisasu byinshi muri Israel, bikomeretsa abantu benshi, binasenya inyubako mu mujyi wa Tel Aviv.

Gusa kugeza ubu Iran ntirakoresha amahitamo yayo akomeye yo kwihimura, nko gutera ibirindiro bya America cyangwa guhagarika ubucuruzi bw’amavuta y’ibikomoka kuri Peteroli bungana na 20% Isi itunganya, bunyura mu muhora wa Hormuz uhereye muri Iran.

Kugerageza gufunga uwo muhora byatuma ibiciro bya Peteroli ku isoko mpuzamahanga bizamuka cyane, bigatuma ubukungu bw’Isi buhungabana.

America iravuga ko aari abasirikare ibihumbi 40 bari ku birindiro no ku nyanja mu Burasirazuba bwo Hagati biteguye gutabara mu gihe icyo ari cyo cyose Iran yagerageza ibikorwa byo kwihimura kuri iki Gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Ntibakozwa ibyo gusoreshwa bahereye mu myaka itandatu ishize ku cyemezo kimaze umwaka umwe

Next Post

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.