Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urupfu rw’Umunyamerikakazi wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba wazize Kanseri rwashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Urupfu rw’Umunyamerikakazi wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba wazize Kanseri rwashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerikakazi Jane Marczewski “Nightbirde” wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba rizwi nka America’s Got Talent, witabye imana azize Kanseri, yashenguye abatari bacye bamukundiye imiririmbire ye idasanzwe.

Jane Marczewski “Nightbirde” wamenyekanye cyane mu irushanwa America’s Got Talent ry’umwaka ushize wa 2021, ubwo yashimirwaga imiririmbire ye ndetse agahabwa amajwi y’indashyikirwa azwi nka Golden Buzzer.

Ubwo yaririmbaga ahogoza muri iri rushanwa, agashimirwa uburyo yitwaye, byari bizwi ko arwaye Kanseri yo mu ibere ariko akagaragaza umuhate w’ibyishimo ndetse na we abiha abandi.

Jane Marczewski “Nightbirde” yitabye Imana ku myaka 31 kuri uyu wa 20 Gashyantare, urupfu rwashenguye abatari bacye bo mu mpande zose z’Isi.

Uyu Munyamerikakazi yari aherutse gutangaza ko kuva yaririmba muri iri rushanwa, yatangiye kuremba bidasanzwe ndetse ahita atangaza ko atazarikomezamo.

Icyo gihe yari yagize ati “Kuva ubwo naririmbaga, ubuzima bwanjye bwakomeje kuba bubi kuko guhangana na Kanseri biri kunsaba imbaraga nyinshi z’umubiri no kwitabwaho.”

Mu butumwa yatangaje icyo gihe, Nightbirde yanzuye ashimira abari bamushyigikiye muri iri rushanwa, ababwira ko inkunga yabo yari ifite agaciro, abizeza kuzamera neza byihuse. Ati “Ndi gutera ahazaza hanjye aho guharanira ibigwi.”

Bimwe mu byagiye bigarukwaho kuri we, ni amagambo akomeye Jane Marczewski “Nightbirde”  yajyaga akunda gutangaza.

Hari ubwo yagize ati “Ubuzima ntibutanga ikiruhuko ku bagikwiye, ariko ibyo dusanzwe tubizi.”

Ubwo yaririmbaga muri iri rushanwa rya “AGT”, yaririmbye indirimbo yise it’s OK ishingiye ku buribwe yari akomeje kunyuramo kubera ubu burwayi bwe.

Iyi ndwara ya Kanseri yayibonywemo muri 2017 ubwo abaganga bamubwiraga ko asigaje amezi atatu yo kubaho.

Kubera urukundo yagararijwe muri iri rushanwa, yavuze ko yumva icyizere cyo kubaho kiyongereho 2%.

Icyo gihe yari yagize ati “Gusangiza Isi ibyiyumviro byanjye muri AGT ni iby’agaciro kuri njye kandi ni inzozi zanjye zibaye impamo.”

Ubu butumwa yakunze gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ze, bwatumaga akomeza gukundwa na benshi barimo n’abamugiriraga impuhwe kubera ubu burwayi bwanamuhitanye.

Yari yashimishije benshi kubera imiririmbire ye
Yazize Kanseri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 3 =

Previous Post

Perezida Kagame ari muri Senegal yitabiriye ifungurwa rya Stade y’akarataboneka

Next Post

Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.