Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urupfu rw’Umunyamerikakazi wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba wazize Kanseri rwashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Urupfu rw’Umunyamerikakazi wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba wazize Kanseri rwashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerikakazi Jane Marczewski “Nightbirde” wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba rizwi nka America’s Got Talent, witabye imana azize Kanseri, yashenguye abatari bacye bamukundiye imiririmbire ye idasanzwe.

Jane Marczewski “Nightbirde” wamenyekanye cyane mu irushanwa America’s Got Talent ry’umwaka ushize wa 2021, ubwo yashimirwaga imiririmbire ye ndetse agahabwa amajwi y’indashyikirwa azwi nka Golden Buzzer.

Ubwo yaririmbaga ahogoza muri iri rushanwa, agashimirwa uburyo yitwaye, byari bizwi ko arwaye Kanseri yo mu ibere ariko akagaragaza umuhate w’ibyishimo ndetse na we abiha abandi.

Jane Marczewski “Nightbirde” yitabye Imana ku myaka 31 kuri uyu wa 20 Gashyantare, urupfu rwashenguye abatari bacye bo mu mpande zose z’Isi.

Uyu Munyamerikakazi yari aherutse gutangaza ko kuva yaririmba muri iri rushanwa, yatangiye kuremba bidasanzwe ndetse ahita atangaza ko atazarikomezamo.

Icyo gihe yari yagize ati “Kuva ubwo naririmbaga, ubuzima bwanjye bwakomeje kuba bubi kuko guhangana na Kanseri biri kunsaba imbaraga nyinshi z’umubiri no kwitabwaho.”

Mu butumwa yatangaje icyo gihe, Nightbirde yanzuye ashimira abari bamushyigikiye muri iri rushanwa, ababwira ko inkunga yabo yari ifite agaciro, abizeza kuzamera neza byihuse. Ati “Ndi gutera ahazaza hanjye aho guharanira ibigwi.”

Bimwe mu byagiye bigarukwaho kuri we, ni amagambo akomeye Jane Marczewski “Nightbirde”  yajyaga akunda gutangaza.

Hari ubwo yagize ati “Ubuzima ntibutanga ikiruhuko ku bagikwiye, ariko ibyo dusanzwe tubizi.”

Ubwo yaririmbaga muri iri rushanwa rya “AGT”, yaririmbye indirimbo yise it’s OK ishingiye ku buribwe yari akomeje kunyuramo kubera ubu burwayi bwe.

Iyi ndwara ya Kanseri yayibonywemo muri 2017 ubwo abaganga bamubwiraga ko asigaje amezi atatu yo kubaho.

Kubera urukundo yagararijwe muri iri rushanwa, yavuze ko yumva icyizere cyo kubaho kiyongereho 2%.

Icyo gihe yari yagize ati “Gusangiza Isi ibyiyumviro byanjye muri AGT ni iby’agaciro kuri njye kandi ni inzozi zanjye zibaye impamo.”

Ubu butumwa yakunze gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ze, bwatumaga akomeza gukundwa na benshi barimo n’abamugiriraga impuhwe kubera ubu burwayi bwanamuhitanye.

Yari yashimishije benshi kubera imiririmbire ye
Yazize Kanseri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Perezida Kagame ari muri Senegal yitabiriye ifungurwa rya Stade y’akarataboneka

Next Post

Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Related Posts

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya
IMYIDAGADURO

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.