• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urupfu rw’Umunyamerikakazi wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba wazize Kanseri rwashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Urupfu rw’Umunyamerikakazi wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba wazize Kanseri rwashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerikakazi Jane Marczewski “Nightbirde” wamamaye mu irushanwa ryo kuririmba rizwi nka America’s Got Talent, witabye imana azize Kanseri, yashenguye abatari bacye bamukundiye imiririmbire ye idasanzwe.

Jane Marczewski “Nightbirde” wamenyekanye cyane mu irushanwa America’s Got Talent ry’umwaka ushize wa 2021, ubwo yashimirwaga imiririmbire ye ndetse agahabwa amajwi y’indashyikirwa azwi nka Golden Buzzer.

Ubwo yaririmbaga ahogoza muri iri rushanwa, agashimirwa uburyo yitwaye, byari bizwi ko arwaye Kanseri yo mu ibere ariko akagaragaza umuhate w’ibyishimo ndetse na we abiha abandi.

Jane Marczewski “Nightbirde” yitabye Imana ku myaka 31 kuri uyu wa 20 Gashyantare, urupfu rwashenguye abatari bacye bo mu mpande zose z’Isi.

Uyu Munyamerikakazi yari aherutse gutangaza ko kuva yaririmba muri iri rushanwa, yatangiye kuremba bidasanzwe ndetse ahita atangaza ko atazarikomezamo.

Icyo gihe yari yagize ati “Kuva ubwo naririmbaga, ubuzima bwanjye bwakomeje kuba bubi kuko guhangana na Kanseri biri kunsaba imbaraga nyinshi z’umubiri no kwitabwaho.”

Mu butumwa yatangaje icyo gihe, Nightbirde yanzuye ashimira abari bamushyigikiye muri iri rushanwa, ababwira ko inkunga yabo yari ifite agaciro, abizeza kuzamera neza byihuse. Ati “Ndi gutera ahazaza hanjye aho guharanira ibigwi.”

Bimwe mu byagiye bigarukwaho kuri we, ni amagambo akomeye Jane Marczewski “Nightbirde”  yajyaga akunda gutangaza.

Hari ubwo yagize ati “Ubuzima ntibutanga ikiruhuko ku bagikwiye, ariko ibyo dusanzwe tubizi.”

Ubwo yaririmbaga muri iri rushanwa rya “AGT”, yaririmbye indirimbo yise it’s OK ishingiye ku buribwe yari akomeje kunyuramo kubera ubu burwayi bwe.

Iyi ndwara ya Kanseri yayibonywemo muri 2017 ubwo abaganga bamubwiraga ko asigaje amezi atatu yo kubaho.

Kubera urukundo yagararijwe muri iri rushanwa, yavuze ko yumva icyizere cyo kubaho kiyongereho 2%.

Icyo gihe yari yagize ati “Gusangiza Isi ibyiyumviro byanjye muri AGT ni iby’agaciro kuri njye kandi ni inzozi zanjye zibaye impamo.”

Ubu butumwa yakunze gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ze, bwatumaga akomeza gukundwa na benshi barimo n’abamugiriraga impuhwe kubera ubu burwayi bwanamuhitanye.

Yari yashimishije benshi kubera imiririmbire ye
Yazize Kanseri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 4 =

Previous Post

Perezida Kagame ari muri Senegal yitabiriye ifungurwa rya Stade y’akarataboneka

Next Post

Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Uwayobora Gereza ya Mageragere wakatiwe imyaka 5 yagarutse mu rukiko arusaba ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.