Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri no mu banahanganye na Tshisekedi mu matora aheruka, yavuze ko kuba Guverinoma ya Congo ikomeje gushyira ku ibere FDLR ari kimwe mu bidindiza ibiganiro by’iki Gihugu n’u Rwanda.

Martin Fayulu yabigarutseho nyuma yuko habaye ibiganiro by’abahagarariye Ihuriro Union Sacrée pour la Nation rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi n’Uhagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Jean-Pierre Lacroix.

Nyuma y’ibi biganiro, Jean-Pierre Lacroix yanakiriye abahagarariye amahuriro y’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Mu bakiriwe, barimo Martin Fayulu w’Ihuriro Lamuka, Emmanuel Shadari wa FCC ndetse na Didier Mumengi wari uhagarariye Dénis Mukwege.

Muri ibi biganiro, Martin Fayulu wari umwe mu bakandida bahataniraga umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri DRC y’umwaka ushize wa 2023, yazamuye ikibazo cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gushyirwa ku ibere na Guverinoma ya Congo, avuga ko ukomeje gutuma ibiganiro by’iki Gihugu n’u Rwanda, bidatanga umusaruro.

Ni mu gihe kandi inama ziheruka zahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zimaze iminsi zibera i Luanda muri Angola, zemeje ko uyu mutwe wa FDLR usenywa.

Martin Fayulu uyobora Umutwe wa Politiki wa ECIDE (Engagement pour la citoyenneté et le développement) yasabye Umuryango w’Abibumbye gushyigikira ko habaho n’ibiganiro by’imbere mu Gihugu byo kongera gushyira hamwe Abanyekongo.

Yagize ati “Nabibwiye Lacroix ko: dukeneye imishyikirano ya Kinshasa kugira ngo abana b’iki Gihugu bashyire hamwe, bumve mu mizi intandaro y’ibibazo, babwizanye ukuri, ubundi biyunge mu nyungu zo guhuza imbaraga kw’Igihugu, kugira ngo bashobore no guhangana n’abanzi baturuka hanze igihe baba bahari.”

Jean-Pierre Lacroix, yavuze ko binyuze muri MONUSCO, hari uburyo bw’inzira zatuma habaho ibiganiro hagati y’Abanyekongo ubwabo, kugira ngo bahangane n’ibibazo biri mu burasirazuba bw’Igihugu cyabo.

Yanasabye kandi habaho kuzirikana imyanzuro yafatiwe mu nama z’i Nairobi n’i Luanda, kuko ari zo zatanga umuti w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − four =

Previous Post

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Next Post

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.