Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Rwakunda Christian wabaye Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo wari wagizwe umwere mu rubanza aregwamo na bagenzi be rwo kunyereza Miliyari 2 Frw, yahamijwe icyaha mu bujurire bw’Ubushinjacyaha, ategekwa gufungwa imyaka itandatu.

Uru rubanza ruzwimo cyane Rwamuganza Caleb wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), na Serubibi Eric wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’imyubakire ndetse na Kabera Godfrey wahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe igenamigambi muri MINECOFIN, muri Werurwe 2021 rwari rwabakatiye gufungwa imyaka itandatu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kandi rwari rwaciye aba bagabo ihazabu ya miliyoni 3 Frw no gusubiza mu isanduku ya Leta miliyari 1,8 Frw.

Uru rukiko kandi rwari rwagize umwere Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri MININFRA ndetse n’Umunyemari Rusizana Aloys na Sosiyete A&P LTD.

Aba bagabo bakurikiranyweho kunyereza Miliyari 2 Frw mu bikorwa byo kugura inyubako yishyuwe 9 850 000 000 Frw nyamara yari ifite agaciro ka 7 600 000 000 Frw.

Impande zombi, yaba abahamijwe icyaha ndetse n’Ubushinjacyaha, bajuririye iki cyemezo mu rukiko Rukuru aho abahamijwe icyaha bajuriye basaba kugihanagurwaho mu gihe Ubushinjacyaha bwajuririye bariya bagizwe abere, busaba ko bagihamywa bagafungwa.

Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire, rwamaze gutangaza icyemezo kuri ubu bujurire, aho ku bahamaijwe icyaha, rwagumishijeho igihano bari bakatiwe uretse Kabera Godfrey wagizwe umwere.

Naho abari bagizwe abere mu Ruriko Rwisumbuye rwa gasabo, Urukiko Rukuru rwabagihamije ibyaha, rubabakatira gufungwa imyaka itandatu.

Urukiko Rukuru rwavuze ko uyu munyemari Rusizana Aloys na Sosiyete A&P LTD bagize akagambane muri ibi byaha byo kunyereza ziriya miliyari muri iriya nyubako ye yagurishijwe Miliyari 9,8 Frw kandi yari ifite agaciro ka Miliyari 7,6 Frw.

Rwavuze kandi ko Kuri Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo, na we yarebwaga n’ibyemezo byose byafashwe mu igurwa ry’iriya nyubako bityo ko na we yagize uruhare muri ibi byaha.

Urukiko Rukuru rwagumishijeho ibihano byari byafatiwe abari bahamijwe ibyaha mu rukiko rwa mbere, rwategetse ko n’aba bari bagizwe abere bafungwa imyaka itandatu n’ihazabu ya Miliyoni 3 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

Next Post

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.