Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Butera Michael Mgasa wahawe inshingano muri Minisiteri y’Ubutabera, yavuze ko ari amahirwe ahuriranye n’intambwe yateye yo kuba yahawe impamyabumenyi mu kaminuza yigisha ibijyanye n’amategeko yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Butera Michael yahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024 yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Butera Michael Mgasa, umwe mu bahawe inshingano n’iyi Nama y’Abaminisitiri, yagizwe umuyobozi ushinzwe ubujyanama (Chief Technical Advisor) muri Minisiteri y’Ubutabera.

Nyuma yo guhabwa izi nshingano, Butera Michael yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye, akamuha izi nshingano muri Minisiteri y’Ubutabera.

Ati “Ibi ni ikimenyetso cy’umurongo ushishoza wanyu wo kwizera imbaraga mubona mu rubyiruko. Nizeje kuzakorera Igihugu cyacu n’umutima ukunda Igihugu, n’ubumenyi ndetse no kwitwara neza.”

Uyu muyobozi winjiye mu bandi bakiri bato bari mu nzego nkuru z’Igihugu, mu ijoro ryacyeye, yagaragaje ko izi nshingano yahawe zaje ari ibyishimo byiyongera mu bindi, kuko yanarangije amasomo muri Kaminuza ya Harvard Law School muri Massachusetts muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Butera yagize ati “Uyu munsi nahawe impamyabushobozi muri Harvard Law School, kandi nanahabwa inshingano na Perezida nka Chief Technical Advisor muri Minisiteri y’Ubutabera.”

Yakomeje agira ati “Nishimiye kuba ngiye kwerecyeje mu rugo kuko kuba Umunyarwanda byamfashije kwitwara neza muri Harvard.”

Perezida Paul Kagame ukunze guhamagarira urubyiruko kwinjira mu miyoborere y’Igihugu ikomeje kwinjiza bamwe muri rwo mu nzego zirimo n’izifata ibyemezo, mu kiganiro aherutse kugirana n’urubyiruko rw’abakorerabushake rwizihizaga isabukuru y’imyaka 10 ishize hashinzwe umuryango warwo, yasabye abakiri bato kujya batangira gutekereza icyo bakorera umuryango mugari wabo bakiri bato, nk’uko na we yabitangiye afite imyaka 15.

Butera yahawe impamyabumenyi muri Harvard Law School
Yishimiye kuba ibi byahuriranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Next Post

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.