Friday, April 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari ugiye kwiyahurira ku Nkundamahoro yasanganywe ibaruwa asabamo Perezida kuzamushyira mu Ntwari

radiotv10by radiotv10
22/12/2021
in MU RWANDA
0
Uwari ugiye kwiyahurira ku Nkundamahoro yasanganywe ibaruwa asabamo Perezida kuzamushyira mu Ntwari
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ukuboza 2021, umusore yafatiwe ku nyubako izwi nk’Inkundamahoro iri i Nyabugogo ashaka kwiyahura aho yasanganywe n’ibaruwa avugamo ko uyu mwanzuro waturutse ku kuba yarimwe amahirwe yo kujya mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Uyu musore w’imyaka 21 asanzwe ari uwo mu Karere ka Rulindo, ari na ho yaturutse aje kwiyahurira kuri iyi nyubako imaze imaze kwiyahuriraho abantu bagera muri bane bakahasiga ubuzima.

Ubwo yari agiye kwiyahura, abashinzwe umutekano kuri iyi nyubako yo ku Nkundamahoro, yasanganywe ibaruwa yandikishije intoki agaragaza icyari kimuteye gufata uyu mwanzuro ugayitse.

Muri iyi baruwa igoranye kuyisoma kubera umukono utoroshye, bigaragara ko yanditswe tariki 20 Ukuboza 2021, atangira agira ati “Nanditse uru rupapuro ngirango menyeshe Perezida Paul Kagame ko nakunze ingabo z’u Rwanda RDF ariko nkaba narabuze amahirwe yo kwinjiramo.”

Akomeza avuga ko ikimuteye gufata iki cyemezo ari uko yimwe amahirwe yo kwinjira mu ngabo z’u Rwanda.

Akomeza agira ati “Ndasaba Perezida Paul Kagame ko umurambo wanjye azawushyire mu ntwari nkaba nabiharaniye mpisemo gufata umwanzuro.”

IBARUWA YANDITSE

Niyonshuti Rwamo Emile uyobora iri soko ry’Inkundamahoro, yatangaje ko camera zabonye uyu musore bigatuma abashinzwe umutekano hariya bahita bihutira kujya kumufata ngo bamubuze kwiyambura ubuzima.

Ati “Bamusanganye ibaruwa yandikiye Perezida avuga ko agiye kwiyahura kuko yimwe amahirwe yo kwinjira mu gisirikare.”

Uyu muyobozi wa Inkundamahoro kandi avuga ko bahise bamushyirikiriza Polisi na ho agezeyo yongera kubishimangira ko umugambi we wo kwiyambura ubuzima awukomeje kuko icyamuteye kuwufata kigihari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + eighteen =

Previous Post

Perezida Kagame, Museveni, Samia Suluhu bari mu nama idasanzwe ya EAC iyobowe na Kenyatta

Next Post

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Related Posts

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

by radiotv10
16/04/2026
0

Bad smells are something everyone experiences at some point. You walk into a room and instantly notice an unpleasant odor,...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

IZIHERUKA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi
AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

16/04/2026
What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.