Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in MU RWANDA
0
VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu
Share on FacebookShare on Twitter

Niyonteze Eric wavukanye igitsina cy’abagabo ariko agakura afite imisusire y’ab’igitsinagore, avuga ko na we yiyumva nk’umugore ndetse ubu n’imigirire ye yose yayiyoboye mu buryo bw’ab’igitsinagore.

Eric waje kuvamo Clarisse, waganiriye na TV10, yavuze ko yakuze abona afite igitsina cy’abagabo ariko akiyumva nk’umukobwa kuko n’imikino yakinaga mu bwana bwe, yabaga ari iy’abakobwa.

Mu ijwi ry’umukobwa, yagize ati “Na cyera na kare nari ndiho mu buzima bwa gikobwa bwose, ukunda gukenyera ibitenge.”

Avuga ko kubera umuryango nyarwanda udakunze kwakira neza abantu bavuka muri ubu buryo, byabanje kumugora kwiyakira ariko ko ubu yamaze kwiyakira.

Ati “Ntabwo byoroshye ariko ni ubuzima tugomba kubamo kandi tugomba gusobanurira sosiyete nyarwanda ko tugomba kubaho nkuko abandi babayeho.”

Yiyumva nk’umukobwa

Akomeza avuga ko nubwo afite igitsina cy’abagabo akaba ateye nk’umugore ntakibazo na gito abibonamo.

Ati “Kuva mfite igitsina cy’abagabo ni kimwe ariko no kuba ntagikoresha ni ikindi kuko ubuzima bwanjye nshimishijwe no kuba nsa n’abakobwa mbayeho nk’abakobwa, numva ari ibintu binshimishije.”

Avuga ko no mu bijyanye no gushamadukira urukundo, we yiyumvamo ko yacudika n’umuhungu ndetse ko yigeze kugira umukunzi w’umuhungu.

Yagiye kwa muganga, bamubwira ko uturemangingo twe twinshi tugizwe n’utw’abakobwa bakagerageza kumuha imiti ariko bikanga.

Ati “Muganga yaje kuganiriza mama amubwira ko bitewe n’imyaka mfite n’aho atangiriye byari bimaze kurenga ku kuba yangira inama.”

Yambara nk’abakobwa

Umuganga mu buzima bw’imyororokere, David Mwesigye, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ibibazo nk’ibi by’uyu musore bijya bibaho ndetse ko bijya bikosorwa.

Avuga ko iki kibazo gishobora kubaho gitangiriye mu isamwa risanzwe ribaho habayeho guhura kw’intanga-ngabo n’intanga-ngore, ari na bwo hahita haremwa igitsina cy’umwana.

Ati “Hari igihe habaho impanuka ntihabeho kuremwa ngo habeho umuhungu cyangwa umukobwa.”

Akomeza agira ati “Burya kugira ngo umukobwa azabe umukobwa nyirizina agomba kuba afite igitsina cyuzuye, agomba n’uturemangingo tumugize umukobwa…”

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…

Next Post

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.