Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irasaba abaturarwanda gufata neza inote n’ibiceri kuko bisaza bitaramara igihe kinini mu ihererekanya-mafaranga, bigatuma buri mwaka itanga miliyari 2 Frw yo gukora inote zo gusimbuza izishaje.

Chantal Kasangwa, umuyobozi ushinzwe ikoreshwa ry’ifaranga muri Banki Nkuru y’u Rwanda, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko gusimbuza inote biterwa n’impamvu nyinshi.

Ati “Hari iziza ubona koko zaranduye cyane, hari iziza barazanditseho hari iziza zicitse izo ntabwo twazisubiza muri circulation [ihererekanya-faranga].”

Avuga ko izikunze gusimbuzwa zimaze igihe gito ari inote nto zikunze gukoreshwa mu bucuruzi buciriritse zikananyura no mu ntoki z’abantu benshi.

Ati “Izo rero zihuta kwangirika hakiyongeraho n’ikibazo cyo kuzifata nabi no kuzibika nabi. Kuzifata umuntu afite nk’ibyuya mu ntoki inote igatota, kuyibika izingazinze ntuyibike irambuye.”

Avuga ko inoti nk’izi nibura 30% zazo iyo zigarutse muri Banki Nkuru y’Igihugu, zidasubizwayo ahubwo hahita hatangira igikorwa cyo gukoresha izindi zo kuzisimbura.

Chantal Kasangwa avuga ko gukora inote atari akazi koroshye, ati “Kandi bitwara ikiguzi, bitwara nka miliyari ebyiri ku mwaka kugira ngo tube dufite inote nziza zifite umutekano. Murumva ko hari amafaranga atikirira muri icyo kintu cyo kutayafata neza.”

Banki Nkuru y’u Rwanda igira inama abaturarwanda kwitabira gahunda yo kwitabira uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.

 

Kuki inote zangirika vuba?

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko uku kwangirika kw’amafaranga hari ababigiramo uruhare kubera uburyo bafata inote.

Bavuga kandi ko ibi bijya bibagiraho ingaruka. Umwe ati “Wayaha nk’umuntu ati ‘aya wapi’ ati ‘aya arashaje’ ugasanga baravuga ngo ni nka ya yandi y’abakecuru ba cyera bayabikaga, hari ukuntu bayapfunyapfunyikaga mu gitenge.”

Aba baturage bavuga kandi ko ba nyirabayazana ari abacuruzi kuko ari bo bayabika nabi ndetse ko hari igihe bayagarurira abakiliya babo ariko basubizayo bagiye guhaha, bakayanga nyamara ari bo bayabahaye.

Aba baturage bavuga ko icyakemura iki kibazo ari uko abantu barushaho gukoresha ikoranabuhanga nka Mobile Money kuko rinatuma bagira umutekano w’amafaranga cyane ko hari n’abajya bayata mu gihe bayafite ari inote cyangwa ibiceri.

Inzego zishinzwe ubukungu zimaze iminsi zaratangiye ubukangurambaga bw’ubukungu bukoresha ikoranabuhanga [Cashless Economy] aho ubu hashyizweho uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga nko mu ngendo mu mujyi wa Kigali hakoreshwa ikarita ndetse n’uburyo buzwi nka MoMo Pay bwifashishwa mu bucuruzi butandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fourteen =

Previous Post

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.