Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irasaba abaturarwanda gufata neza inote n’ibiceri kuko bisaza bitaramara igihe kinini mu ihererekanya-mafaranga, bigatuma buri mwaka itanga miliyari 2 Frw yo gukora inote zo gusimbuza izishaje.

Chantal Kasangwa, umuyobozi ushinzwe ikoreshwa ry’ifaranga muri Banki Nkuru y’u Rwanda, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko gusimbuza inote biterwa n’impamvu nyinshi.

Ati “Hari iziza ubona koko zaranduye cyane, hari iziza barazanditseho hari iziza zicitse izo ntabwo twazisubiza muri circulation [ihererekanya-faranga].”

Avuga ko izikunze gusimbuzwa zimaze igihe gito ari inote nto zikunze gukoreshwa mu bucuruzi buciriritse zikananyura no mu ntoki z’abantu benshi.

Ati “Izo rero zihuta kwangirika hakiyongeraho n’ikibazo cyo kuzifata nabi no kuzibika nabi. Kuzifata umuntu afite nk’ibyuya mu ntoki inote igatota, kuyibika izingazinze ntuyibike irambuye.”

Avuga ko inoti nk’izi nibura 30% zazo iyo zigarutse muri Banki Nkuru y’Igihugu, zidasubizwayo ahubwo hahita hatangira igikorwa cyo gukoresha izindi zo kuzisimbura.

Chantal Kasangwa avuga ko gukora inote atari akazi koroshye, ati “Kandi bitwara ikiguzi, bitwara nka miliyari ebyiri ku mwaka kugira ngo tube dufite inote nziza zifite umutekano. Murumva ko hari amafaranga atikirira muri icyo kintu cyo kutayafata neza.”

Banki Nkuru y’u Rwanda igira inama abaturarwanda kwitabira gahunda yo kwitabira uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.

 

Kuki inote zangirika vuba?

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko uku kwangirika kw’amafaranga hari ababigiramo uruhare kubera uburyo bafata inote.

Bavuga kandi ko ibi bijya bibagiraho ingaruka. Umwe ati “Wayaha nk’umuntu ati ‘aya wapi’ ati ‘aya arashaje’ ugasanga baravuga ngo ni nka ya yandi y’abakecuru ba cyera bayabikaga, hari ukuntu bayapfunyapfunyikaga mu gitenge.”

Aba baturage bavuga kandi ko ba nyirabayazana ari abacuruzi kuko ari bo bayabika nabi ndetse ko hari igihe bayagarurira abakiliya babo ariko basubizayo bagiye guhaha, bakayanga nyamara ari bo bayabahaye.

Aba baturage bavuga ko icyakemura iki kibazo ari uko abantu barushaho gukoresha ikoranabuhanga nka Mobile Money kuko rinatuma bagira umutekano w’amafaranga cyane ko hari n’abajya bayata mu gihe bayafite ari inote cyangwa ibiceri.

Inzego zishinzwe ubukungu zimaze iminsi zaratangiye ubukangurambaga bw’ubukungu bukoresha ikoranabuhanga [Cashless Economy] aho ubu hashyizweho uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga nko mu ngendo mu mujyi wa Kigali hakoreshwa ikarita ndetse n’uburyo buzwi nka MoMo Pay bwifashishwa mu bucuruzi butandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 16 =

Previous Post

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.