Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irasaba abaturarwanda gufata neza inote n’ibiceri kuko bisaza bitaramara igihe kinini mu ihererekanya-mafaranga, bigatuma buri mwaka itanga miliyari 2 Frw yo gukora inote zo gusimbuza izishaje.

Chantal Kasangwa, umuyobozi ushinzwe ikoreshwa ry’ifaranga muri Banki Nkuru y’u Rwanda, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko gusimbuza inote biterwa n’impamvu nyinshi.

Ati “Hari iziza ubona koko zaranduye cyane, hari iziza barazanditseho hari iziza zicitse izo ntabwo twazisubiza muri circulation [ihererekanya-faranga].”

Avuga ko izikunze gusimbuzwa zimaze igihe gito ari inote nto zikunze gukoreshwa mu bucuruzi buciriritse zikananyura no mu ntoki z’abantu benshi.

Ati “Izo rero zihuta kwangirika hakiyongeraho n’ikibazo cyo kuzifata nabi no kuzibika nabi. Kuzifata umuntu afite nk’ibyuya mu ntoki inote igatota, kuyibika izingazinze ntuyibike irambuye.”

Avuga ko inoti nk’izi nibura 30% zazo iyo zigarutse muri Banki Nkuru y’Igihugu, zidasubizwayo ahubwo hahita hatangira igikorwa cyo gukoresha izindi zo kuzisimbura.

Chantal Kasangwa avuga ko gukora inote atari akazi koroshye, ati “Kandi bitwara ikiguzi, bitwara nka miliyari ebyiri ku mwaka kugira ngo tube dufite inote nziza zifite umutekano. Murumva ko hari amafaranga atikirira muri icyo kintu cyo kutayafata neza.”

Banki Nkuru y’u Rwanda igira inama abaturarwanda kwitabira gahunda yo kwitabira uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.

 

Kuki inote zangirika vuba?

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko uku kwangirika kw’amafaranga hari ababigiramo uruhare kubera uburyo bafata inote.

Bavuga kandi ko ibi bijya bibagiraho ingaruka. Umwe ati “Wayaha nk’umuntu ati ‘aya wapi’ ati ‘aya arashaje’ ugasanga baravuga ngo ni nka ya yandi y’abakecuru ba cyera bayabikaga, hari ukuntu bayapfunyapfunyikaga mu gitenge.”

Aba baturage bavuga kandi ko ba nyirabayazana ari abacuruzi kuko ari bo bayabika nabi ndetse ko hari igihe bayagarurira abakiliya babo ariko basubizayo bagiye guhaha, bakayanga nyamara ari bo bayabahaye.

Aba baturage bavuga ko icyakemura iki kibazo ari uko abantu barushaho gukoresha ikoranabuhanga nka Mobile Money kuko rinatuma bagira umutekano w’amafaranga cyane ko hari n’abajya bayata mu gihe bayafite ari inote cyangwa ibiceri.

Inzego zishinzwe ubukungu zimaze iminsi zaratangiye ubukangurambaga bw’ubukungu bukoresha ikoranabuhanga [Cashless Economy] aho ubu hashyizweho uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga nko mu ngendo mu mujyi wa Kigali hakoreshwa ikarita ndetse n’uburyo buzwi nka MoMo Pay bwifashishwa mu bucuruzi butandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − six =

Previous Post

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.