Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiye gushyigikira umwana wabo, Ian Kagame wasoje amasomo mu ishuri rya Gisirikare ryo mu Bwongereza.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022 ku cyicaro cy’ishuri rya Gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu itangazo ryabyo, byatangaje ko uyu muhango witabiriye na Perezida Paul Kagame ndetse na Madamu Jeannette Kagame, aho umuhungu wabo akaba ubuheture mu bana babo Ian Kagame yahawe ipeti rya Sous Lieutenant.

Aya makuru kandi yanatangajwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda mu itangazo bwasohoye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022.

Iri tangazo ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ryavugaga ko Ian Kagame yarangirije rimwe n’abandi banyarwanda babiri.

Yaba Ian Kagame ndetse n’abo babiri; Park Udahemuka na David Nsengiyumva bose barangije muri iri shuri rifite ibigwi, habawe ipeti rya Sous Lieutenant.

Gusoza amasomo kwa Sous Lieutenant Ian Kagame byari bimaze iminsi bigarukwaho na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukunze kwita Perezida Paul Kagame “my uncle” [Data wacu].

Mu butumwa yari yanyujije kuri Twitter mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nyakanga, Muhoozi yari agize ati “Reka nshimibire murumuna wanje, Ofisiye Ian Kagame wenda gusozanya umuhate amasomo muri Sandhurst.”

Mu mpera za Gashyantare uyu mwaka, na bwo yari yabigarutseho mu butumwa na bwo yari yanyujije kuri Twitter, aho yari yagize ati “Ofisiye witegura kwinjira mu Gisirikare Ian Kagame, nkwifurije kugubwa neza muri Sandhurst. Komera kandi ugire amagara mazima kandi ntuhagire ugutera igihunga.”

Iri shuri rya Gisirikare rirangijemo Ian Kagame, ryanyuzemo abanyabigwi bakomeye ku Isi barimo ibikomangoma bibiri by’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince Willian na Prince Harry b’Igikomangoma Prince Charles uherutse kuza mu Rwanda.

Iri shuri kandi ryanyuzemo Muammar Muhammad Abu Minyar al-Gaddafi wabaye Perezida wa Libya wanabaye umwe mu bazwi cyane bahirimbaniye ukwigira k’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga muri ibi birori
Ian Kagame yasoje amasomo ya Gisirikare ubu ni Sous Lieutenant

Yasoreje rimwe n’abandi Banyarwanda babiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − four =

Previous Post

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Next Post

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.