Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiye gushyigikira umwana wabo, Ian Kagame wasoje amasomo mu ishuri rya Gisirikare ryo mu Bwongereza.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022 ku cyicaro cy’ishuri rya Gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu itangazo ryabyo, byatangaje ko uyu muhango witabiriye na Perezida Paul Kagame ndetse na Madamu Jeannette Kagame, aho umuhungu wabo akaba ubuheture mu bana babo Ian Kagame yahawe ipeti rya Sous Lieutenant.

Aya makuru kandi yanatangajwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda mu itangazo bwasohoye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022.

Iri tangazo ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, ryavugaga ko Ian Kagame yarangirije rimwe n’abandi banyarwanda babiri.

Yaba Ian Kagame ndetse n’abo babiri; Park Udahemuka na David Nsengiyumva bose barangije muri iri shuri rifite ibigwi, habawe ipeti rya Sous Lieutenant.

Gusoza amasomo kwa Sous Lieutenant Ian Kagame byari bimaze iminsi bigarukwaho na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukunze kwita Perezida Paul Kagame “my uncle” [Data wacu].

Mu butumwa yari yanyujije kuri Twitter mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nyakanga, Muhoozi yari agize ati “Reka nshimibire murumuna wanje, Ofisiye Ian Kagame wenda gusozanya umuhate amasomo muri Sandhurst.”

Mu mpera za Gashyantare uyu mwaka, na bwo yari yabigarutseho mu butumwa na bwo yari yanyujije kuri Twitter, aho yari yagize ati “Ofisiye witegura kwinjira mu Gisirikare Ian Kagame, nkwifurije kugubwa neza muri Sandhurst. Komera kandi ugire amagara mazima kandi ntuhagire ugutera igihunga.”

Iri shuri rya Gisirikare rirangijemo Ian Kagame, ryanyuzemo abanyabigwi bakomeye ku Isi barimo ibikomangoma bibiri by’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince Willian na Prince Harry b’Igikomangoma Prince Charles uherutse kuza mu Rwanda.

Iri shuri kandi ryanyuzemo Muammar Muhammad Abu Minyar al-Gaddafi wabaye Perezida wa Libya wanabaye umwe mu bazwi cyane bahirimbaniye ukwigira k’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga muri ibi birori
Ian Kagame yasoje amasomo ya Gisirikare ubu ni Sous Lieutenant

Yasoreje rimwe n’abandi Banyarwanda babiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Next Post

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.