Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CODACE: Nkusi Assier ahamya ko koperative yakabaye iteza imbere abanyamuryango mbere ya koperative ubwayo

radiotv10by radiotv10
11/11/2021
in MU RWANDA
0
CODACE: Nkusi Assier ahamya ko koperative yakabaye iteza imbere abanyamuryango mbere ya koperative ubwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nkusi Assier  umuyobozi wa CODACE, koperative y’abahoze ari abakozi ba leta nyuma bakaza kwihuriza hamwe bagashinga koperative itanga servisi zo gukodesha imodoka ku bantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo bitandukanye, ahamya ko intego ya mbere ya koperative yakabaye ireba ku itera mbere ry’umunyamuryango mbere y’uko koperative ubwayo izamuka.

Kwihuriza hamwe intego arimwe yo kuzamura imibereho yanyu ubwanyu cyangwa iya koperative, nibyo abagize cooperative CODACE, bavuga ko byabafashije kugera ku ntego  yabo kuri ubu barishimira ibyo bamaze kugeraho n’ubwo bitari byoroshye.

Image

Nkusi Assier  umuyobozi wa CODACE aganira n’abanyamuryango

Umutoni Teddy ni umwe mu bategarurogori uba muri iyi koperative aravuga ko atewe ishema no kugira uruhare mu iterambere rya koperative, kandi avuga ko byamuhinduriye ubuzima aboneraho gusaba abandi bategarugori kwitinyuka kuko abishyize hamwe ntakibananira.

Umutoni yateruye agira ati’’ Koperative yaramfashije cyane ubu nanjye nashoye imari kandi byaramfashije cyane kuko ubu ibyo CODACE yagezeho nange ntewe ishema no kubigiramo uruhare, bityo ndashishikariza abandi bagore kwitinyuka bakihuriza hamwe ndetse bagashora imari kuko iyo umutungo ucunzwe neza abanyamuryango batera imbere”

Umuyobozi mu mujyi wa Kigali  Emmanuel Katabarwa,ushinzwe ibikorwa remezo, ashimangira ko kugira ngo bishoboke hari icyo bisaba n’ubwo hakiri imbogamizi cyane cyane ku batanga servise zifitanye isano no gutwara abantu n’ibintu ariko akomeza asaba abantu kurushaho kunoza serivisi batanga.

Image

Umuyobozi mu mujyi wa Kigali Emmanuel Katabarwa ushinzwe ibikorwa remezo

Koperative CODACE kuri ubu igizwe n’abanyamuryango 86, bose bahuriye ku mwuga wo gutwara imodoka, bakaba kuri ubu bamaze kugera kuri byinshi birimo inzu igeretse rimwe ifite agaciro ka miliyoni 160, iherereye mu busanza ho mu murenge wa Kanombe ndetse n’imodoka zirenga 15,iyi nzu bakaba bateganyako izabafasha kubona inguzanyo muri bank kugirango barusheho kongera ishoramari ryabo.

Image

CODACE itanga serivisi zo gukodesha imodoka

Inkuru ya :Emmanuel HAKIZIMANA/Radio&TV10

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Sugira yagarutse, Umutoza Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi azakoresha ku mikino ya Mali na Kenya

Next Post

Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye ko butimanye abakinnyi mu Mavubi

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye ko butimanye abakinnyi mu Mavubi

Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye ko butimanye abakinnyi mu Mavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.