Tuesday, April 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru w’imikino ukomeye Jodo Castar ntakiri muri gereza

radiotv10by radiotv10
14/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umunyamakuru w’imikino ukomeye Jodo Castar ntakiri muri gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar wahoze ari Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB), usanzwe ari n’Umunyamakuru w’imikino, yafunguwe nyuma yo kurangiza igihano.

Uyu munyamakuru ufite izina rikomeye mu biganiro by’imikino na siporo, yari amaze amezi umunani afunze aho yahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwari rwamukatiye igifungo cy’imyaka ibiri ariko ajuririra iki cyemezo mu Rukiko Rukuru.

Muri Werurwe 2022 urukiko Rukuru rwamugabanyirije igihano, rumukatira igifungo cy’amezi umunani.

Amakuru ahari yizewe ni uko Jado Castar yarangije igihano ndetse ubu akaba ari hanze nk’uko byemezwa na bamwe mu banyamakuru bakorana na we kuri Radio yitwa &B Fm Umwezi.

🚨🚨 MA BROTHER IS BACK ❤️

Rutambuka aho amakenga atinya, Uw’isuli Murasana Isuku..

Kaze Neza Bagirishya Yohana W’Imana (CASTAR) Ngwino Tugutere Umubavu Mushya Twongeye Kuyo Wasize..

@bbfmumwezi pic.twitter.com/bSL7RXAScK

— David Bayingana (@david_bayingana) May 14, 2022

Umunyamakuru David Bayingana bamaze igihe ari inshuti magara, yagaragaje ku mbuga nkoranyambaga ze bari kumwe, amuha ikaze mu buzima bwo hanze ya gereza.

Yagize ati “Rutambuka aho amakenga atinya, Uw’isuli Murasana Isuku.. Kaze Neza Bagirishya Yohana W’Imana (CASTAR) Ngwino Tugutere Umubavu Mushya Twongeye Kuyo Wasize. “

Abanyamakuru b’imikino benshi bagaragaje ko bishimiye isohoka rya Jado Castar wari wafunzwe kubera gukoresha inyandiko mpimbano zatumye abakinnyi bane bakinira ikipe y’Igihugu y’abakobwa ya Volleyball ubwo yari mu gikombe cy’Isi ndetse bigatuma u Rwanda ruvanwa muri iryo rushanwa rukanabihanirwa.

Jado Castar yafunguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 6 =

Previous Post

Umushinga wa Amanda wabaye igisonga cya MissRwanda2021 wahembwe Miliyoni 10Frw

Next Post

Gisagara Volleyball yakoreye amateka igera muri ½ cya Africa Club Championship 2022

Related Posts

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Rwandans advised on how to respond to the global challenge of rising fuel prices, which may continue

by radiotv10
21/04/2026
0

The State Minister in the Ministry of Infrastructure, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, has said that shortages of essential goods...

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

by radiotv10
21/04/2026
0

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko ibura rya bimwe mu bikenerwa mu...

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

by radiotv10
21/04/2026
0

Umukobwa uvuga ko akomoka mu Karere ka Ruhango, avuga ko yahuriye n’umusore ku mbuga nkoranyambaga akamwizeza kuzamushakira akazi mu Mujyi...

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

by radiotv10
21/04/2026
0

Umugore wo mu Murenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, n’umugabo bavugwaho ubusambane, bakekwaho kwica umugabo w’uyu mugore bamukubise agafuni,...

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

by radiotv10
21/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahagaritse rutahizamu w'iyi kipe, Umunya-Cameroon Aziz Bassane kubera imyitwarire mibi avugwaho, bunamwandikira ibaruwa bumusaba ibisobanuro. Amakuru...

IZIHERUKA

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi
MU RWANDA

Rwandans advised on how to respond to the global challenge of rising fuel prices, which may continue

by radiotv10
21/04/2026
0

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

21/04/2026
Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

21/04/2026
Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

21/04/2026
AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

21/04/2026
Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

21/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara Volleyball yakoreye amateka igera muri ½ cya Africa Club Championship 2022

Gisagara Volleyball yakoreye amateka igera muri ½ cya Africa Club Championship 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwandans advised on how to respond to the global challenge of rising fuel prices, which may continue

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.