Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, bwavuze ko bwangiye Umusifuzi w’Umunya-Somalia kwinjira muri iki Gihugu ku mpamvu z’impungenge z’umutekano zifitanye isano no gukeka ibikorwa by’iterabwoba.
Omar Artan, wabaye umusifuzi w’umwaka wa Afurika muri 2025, yangiwe kwinjira muri America mu mpera z’icyumweru gishize nubwo yari afite Visa.
Ubuyobozi bwa Trump bwavuze ko umusifuzi wa Somalia Omar Abdulkadir Artan yangiwe kwinjira muri America kubera isano afitanye n’“abakekwaho kuba abanyamuryango b’imitwe y’iterabwoba” bigatuma afatwa “nk’umuntu uteye impungenge ku mutekano w’igihugu.”
Uyu musifuzi yari yiteguye kuba umusifuzi wa mbere wa Somalia ugiye gusifura mu Gikombe cy’Isi ariko yangiwe kwinjira muri Amerika n’ikigo cya US Customs and Border Protection (CBP) mu mpera z’icyumweru gishize.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA yavuze ko Artan ubu atazashobora gusifura, rizatangira muri iki cyumweru kandi rikaba rihuriweho na Amerika, Mexique na Canada.
Ku butegetsi bwa Trump, America yashyizeho amategeko akomeye yo guhagarika ingendo ku Bihugu 12 birimo na Somalia, yavuze kuwa kabiri ko Artan yafashwe nk’umuntu ubangamiye umutekano w’Igihugu n’abayobozi ba CBP.
Mu itangazo ry’iki Kigo CBP, cyavuze ko umuturage wo muri Somalia utari Artan yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Miami avuye i Istanbul ku wa Gatandatu, maze afatwa nk’utakwemerewe kubera impungenge zari zihari.
Umukozi w’iki kigo, mu kiganiro yagiranye nabanyamakuru atifuza ko atangazwa umwirondoro, yavuze ati “Nyuma yo kugenzura na CBP, havumbuwe amakuru asebanya, harimo no kwifatanya n’abakekwaho kuba abagize imitwe y’iterabwoba.
Ubuyobozi bwa Perezida Trump ntibuzemera ko ikintu icyo ari cyo cyose cyahungabanya umutekano cyinjira mu Gihugu cyacu, gihagaze burundu.”
Komiseri Mukuru wa CBP, Rodney Scott, kuwa Kabiri yavuze ko hari abandi bantu benshi bahora babuzwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za America kuko batemerewe kwinjira cyangwa ko bashobora bateza akaga.
Uyu muyobozi yavuze ko hatitawe ku muntu uwo ari we wese, icyo yaba akora cyose, adashobora kwemererwa kwinjira muri America mu gihe hagaragaye impungenge ku mutekano.
RADIOTV10





