• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

radiotv10by radiotv10
10/06/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe yo mu Rwanda akomeje kugura abakinnyi ku isoko, aho APR FC yasinyishije Amani Kouadio Kan Michel na Madou Zon, mu gihe Rayon Sports yo yinjije Charles Tchouplaou.

Amani Kouadio Kan Michel wumvikanye na APR FC, yakiniraga ikipe ya AFAD Plateau yo mu cyiciro cya mbere muri CĂ´te d’Ivoire. Akina ku ruhande asatira, akaba ari we watsinze ibitego byinshi muri iyi shampiyona, ibigera kuri 17.

Undi mukinnyi wamaze kwerekeza muri APR FC yitwa Madou Zon, akomoka mu gihugu cya Burkina Faso, ubu akaba ari gukinira Tout Puissant Mazembe y’i Lubumbashi muri RDC. Akina mu mutima wa ba myugariro.

Aba bakinnyi bombi, buri umwe yasinye imyaka 2, bakaba bategerejwe i Kigali mu minsi iri imbere.

Amani Michel ategerejwe i Kigali ku wa Mbere saa moya z’umugoroba, mu gihe Madou Zon we azaza nyuma ya tariki ya 20 Kamena 2026, dore ko ari bwo shampiyona yo muri Congo Kinshasa izaba isojwe.

Undi mukinnyi uheruka kurangizanya na APR FC ni umunyezamu w’Umunya-Mozambique, Ernan Siluane, na we wasinye imyaka 2, akaba ategerejwe i Kigali mu cyumweru gitaha.

Uko APR FC imaze iminsi yinjiye isoko ryo kugura abakinnyi ni na ko itandukana n’abo batazakomezanya, mukeba wayo Rayon Sports na yo ikomeje kwiyubaka, aho muri uyu mugoroba wo ku wa 2 yatangaje myugariro mushya ukomoka mu gihugu cya Tchad ari we Charles Tchouplaou, wakiniraga ikipe ya Casric Stars yo mu cyiciro cya kabiri muri Afurika y’Epfo, ndetse akaba anakinira ikipe y’igihugu nkuru ya Tchad.

Uyu myugariro aje asimbura Youssou Diagne ndetse na Tchimanga batazakomezanya na Rayon Sports.

Uyu ni umukinnyi wa gatanu Rayon Sports itangaje nyuma ya Ndayishimiye Didier wavuye muri AS Kigali, Nshuti Didier wavuye muri Gorilla FC, Nisingizwe Christian Bebeto wavuye muri Mukura VS na Matumona Wakonda wavuye mu ikipe ya Amagaju FC.

Myugariro Madou Zon wakiniraga TP Mazembe yerekeje muri APR FC
Amani Kouadio Kan Michel , Top Scorer muri Shampiyona ya CĂ´te d’Ivoire na weyerekeje muri APR FC
Charles Tchouplaou, Umunya-Tchad watangajwe na Rayon Sports

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Imyigaragambyo muri Kenya yakajije umurego bamwe batangira no kuyisigamo ubuzima

Next Post

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Related Posts

Menya amakipe y’ama-Clubs azaba afite abakinnyi benshi mu cy’Isi kigiye gutangira

Menya amakipe y’ama-Clubs azaba afite abakinnyi benshi mu cy’Isi kigiye gutangira

by radiotv10
09/06/2026
0

Mu gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Amerika ya Ruguru, amakipe yo ku isi akomeje kugaragara mu mateka y’umupira w’amaguru...

Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United bwa mbere yagaragaye mu mwambaro w’Amavubi

Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United bwa mbere yagaragaye mu mwambaro w’Amavubi

by radiotv10
05/06/2026
0

Umukinnyi mpuzamahanga Noam Fritz Emeran wakiniye ikipe ya Manchester United, wahamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, yamaze kwambara...

Ikipe y’u Rwanda nyuma yo kwangirwa gukinira muri Morocco ku ‘mpamvu z’umutekano’ yageze mu Misiri

Ikipe y’u Rwanda nyuma yo kwangirwa gukinira muri Morocco ku ‘mpamvu z’umutekano’ yageze mu Misiri

by radiotv10
05/06/2026
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yageze i Cairo mu Misiri ivuye muri Morocco nyuma yuko ubuyobozi bw’umupira muri kiriya Gihugu...

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol afite agaciro gakabakaba Miliyari 1Frw

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol afite agaciro gakabakaba Miliyari 1Frw

by radiotv10
05/06/2026
0

Rwanda Premier League itegura Shampiyona y'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, yasinyanye amasezerano y'imikoranire n'uruganda rwa Skol azamara imyaka 3, buri mwaka...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Amakuru mashya: Bitunguranye imikino u Rwanda rwari kuzakinira muri Maroc ntikibaye

by radiotv10
04/06/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko imikino ya gicuti Ikipe y’Igihugu Amavubi yari kuzakinira muri Maroc, yasubitswe nyuma...

Next Post
Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.