Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dodo zizamuka gute turi mu gihe cy’Imvura?- Minisitiri yemeje ko hari abacuruzi buririye ku bibazo

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Dodo zizamuka gute turi mu gihe cy’Imvura?- Minisitiri yemeje ko hari abacuruzi buririye ku bibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, Beata Habyarimana avuga ko hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zumvikana kubera ibibazo biriho ku rwego mpuzamahanga ariko ko hari n’ibindi byazamuwe n’abacuruzi babyuririyeho nta mpamvu zihari.

Kuva intambara yo muri Ukraine yatera, ibiciro by’ibicuruzwa byaratumbagiye mu buryo budasanzwe birimo n’ibisanzwe bikenerwa mu mibereho ya buri munsi nk’isukari n’ibikoresho by’isuku.

Nta rwego rwari rwagize icyo rubivugaho uretse kuba bamwe mu basesenguzi mu bijyanye n’ubukungu, bagiye bavuga ko ari ingaruka z’intambara uri kubera muri Ukraine.

Minsitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana kuri iki Cyumweru tariki 06 Werurwe 2022, yavuze ko hari ibicuruzwa byuriye bitewe n’iyi ntambara birimo ibikomoka ku ngano.

Ati “Ukraine n’u Burusiya batanga ingano nyinshi, umwe ni exporter [Igihugu gicuruza hanze] wa mbere undi ni uwa gatanu ku Isi, bivuga ngo hari Ibihigu bizagira ingaruka ku bijyanye n’ingano.”

Minisitiri Beata avuga ko hari n’izindi ngaruka bishobora kuzagira zijyanye n’Ibikomoka kuri petrole, ndetse n’izijyanye no kwishyura.

Yagarutse ku bicuruzwa bikomeje guhenda muri iki gihe birimo isukari n’amavuta, avuga ko “Nubwo mu Rwanda tubikora ariko ntabwo twihagije. Isukari dukora mu Rwanda dushobora igeza ku 10% ku yo Abanyarwanda bose bakeneye, ni ukuvuga ngo 90% tuyitumiza hanze.”

Kimwe n’amavuta yo guteka, avuga ko mu Rwanda habasha gutunganyirizwa agera kuri 37% y’akenewe mu Gihugu ariko mu gihe andi aturuka mu Bihugu birimo Misiri no mu bindi Bihugu byo ku mugabane w’u Burayi, ku buryo anyura mu Nyanja.

Kuri iki cy’amavuta, avuga ko hari ikibazo kimaze imyaka ibiri kuva icyorezo cya COVID-19 cyatangira kijyanye n’ubwikorezi bwo mu Nyanja.

Ati “Ibiciro byarahindutse, ku buryo nk’ubwato bwashoboraga muri Aziya buje inaha bwashoboraga guca 3 500 by’amadolari kugira ngo bugere inaha ubu ni hafi 9 500 cyangwa 10 000.”

Avuga ko nko ku bijyanye n’isukari, inyinshi ituruka mu Bihugu byo muri Afurika, ariko ko mu bihe by’imvura inganda zabyo zikunze gukora amasuku bigatuma isukari yaturukagayo igabanuka.

Minsitiri Beata avuga ko hari ibindi bicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zitumvikana.

Ati “Hirya y’isukari, amavuta n’isabune; twabonye hari ibicuruzwa bisanzwe byo mu Rwanda byazamutse ku mpamvu zidasobanutse. Iyo ubonye umuntu azamura nka dodo duri mu gihe cy’imvura harimo ikibazo. Mu by’ukuri ntaho bihuriye na Ukraine n’u Burusiya. Iyo umunyu azamuye sorwatom, tugira imyero itatu mu mwaka y’inyanya nabyo ubona hari umuntu uri kwitwaza ko abantu bavuga bati ‘hari ibyazamutse’ bakazamura n’ibisigaye.”

Avuga ko hakozwe igenzura mu basanzwe binjiza ibi bicuruzwa birimo Isabune n’amavuta, akavuga ko hari abayimanye ku bushake ndetse n’abagiye bakoresha uburyo bw’uburiganya bagamije kubyungukiramo.

Ati “Hari abo twasanze bandika nk’ibiciro ibihumbi 55 muri system ariko umuntu yaza kumuranguraho ntamuhe EBM akamubwira ati yampe mu ntoki, akamuca ibihumbi 63.”

Ministiri Beata avuga ko hari n’abahanwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro barimo abaciwe amande n’abafungiwe kubera ubu buriganya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Next Post

Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.