Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyatumye umwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda asezera cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyatumye umwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda asezera cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022 umukobwa umwe muri 20 bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022, yasezeye ahita anava mu mwiherero. Impamvu yatumye asezera yamenyekanye.

Abategura irushanwa rya Miss Rwanda, bari batangaje ko Nkusi Lynda yanditse ibaruwa asezera muri iri rushanwa ku mpamvu ze bwite zijyanye n’umuryango we.

Nyuma y’isezera ry’uyu mukobwa, habanje gucicikana amakuru menshi, bamwe bibaza icyatumye uyu mukobwa asezera mu irushanwa ryifuzwa kwitabirwa na benshi ariko bakabura amahirwe.

Amakuru yaje kumenyekana, ni uko hari irindi rushanwa yiyandikishijemo muri Kenya kandi akaba yaratoranyijwe mu bagomba kuryitabira.

Uzi ibijyanye n’iri rushanwa, yavuze ko Nkusi Lynda agomba kujya muri Kenya mu cyumweru gitaha guhatana muri iri rushanwa mu gihe abategura Miss Rwanda bari baranze kumuha uruhusa.

Uyu uzi aya makuru, avuga ko abo mu muryango w’uyu mukobwa bari bafite impungenge ko ashobora kutazegukana Miss Rwanda kandi akaba atanagerageje amahirwe yo kujya guhatana muri Kenya.

Amakuru avuga ko abo mu muryango wa Lynda babiganiriyeho, bakemeza ko agomba kwitabira iri rushanwa ryo muri Kenya, bakamusaba gusezera muri Miss Rwanda kuko yimwe uruhushya rwo kujya kugerageza muri Kenya.

 

No kumenya amakuru y’irushanwa ryo muri Kenya byaragoranye

Nkusi Lynda wari wagiye mu mwiherero azi neza ko hari irushanwa yiyandikishijemo muri Kenya, kimwe n’abandi bakobwa bari mu mwiherero, ntiyabashaga kuboneka kuri telephone buri gihe.

Ibi byatumye abategura irushanwa yiyandikishijemo muri Kenya, bamuhamagara ngo bamumenyesha ko yatoranyijwe mu bazahatana ariko bakamubura kuri telefone.

Gusa ngo umwe mu bo mu muryango we yarebye mu butumwa bwa E-mail ye, abona ubumumenyesha ko yabonye amahirwe yo gukomeza mu irushanwa ryo muri Kenya.

Uyu wo mu muryango Lynda yagerageje gushaka uburyo yabimumenyesha ariko abategura irushanwa rya Miss Rwanda bakomeza kumubera ibamba ari na byo byatumye bashyira imbaraga mu kumufasha kuba yajya kwitabira iri rushanwa ryo muri Kenya.

Nkusi Lynda yari yagize amahirwe yo kujya mu mwiherero yifuzwaga na benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri Gatabazi aganira n’umubyeyi amubwira uburyo abagore ari abo kubahwa

Next Post

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.