Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere hatangajwe amakuru y’uko Umuherwe Roman Abramovich akaba na nyiri Chelsea FC, ashobora kuba yararogewe mu biganiro by’imishyikirano byahuje intumwa z’u Burusiya na Ukraine, bikavugwa ko we n’izindi ntumwa ebyiri za Ukraine zishobora kuba zarahawe uburozi bw’ikinyabutabire cy’ubumara kitazwi.

Igitangazamakuru Bellingcat gikora inkuru zicukumbuye cyatangaje bwa mbere aya makuru, cyavuze ko ubu gishobora kwemeza ko intumwa eshatu mu zitabiriye ibiganiro byabaye mu ijoro rya tariki 03 n’ 04 Werurwe 2022 zagaragaje ibimenyetso byo kuba zararozwe.

Batatu muri aba bavugwaho ko bashobora kuba bararozwe, barimo umunyemari w’Umurusiya, Roman Abramovich.

Ubwo Roman Abramovich yavaga muri ibi biganiro, yatangiye kumva atameze neza ndetse atangira kutabona neza, amaso ye atangira gutukura ari na ko uruhu rwe rutangira kugira ibibazo byo kumagara no kuvuvuka.

N’abandi babiri bo ku ruhande rwa Ukraine barimo Intumwa ya rubanda Rustem Umerov na bo bagize ibibazo nk’ibi, nyuma biza gukekwa ko byaba byaratewe n’uburozi bashobora kuba baraherewe muri ibi biganiro.

Aba bose ku munsi wakurikiye uw’ibiganiro, bahise boherezwa muri Poland nyuma baza kujyanwa muri Istanbul kuvurirwayo.

Inyandiko ya Bellingcat igira iti “Abagabo batatu bagize ibimenyetso by’uburwayi nyamara icyo gihe barariye chocolat bakanywa n’amazi mbere y’uko bagira ibyo bimenyetso. Undi muntu wa kane mu bari muri iryo tsinda we ntiyagize ibimenyetso.”

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko hashingiwe ku bizamini byafashwe aba bagabo ndetse n’ibyemezo by’impuguke, bigaragaza ko ibyo bimemyetso bikunze kuba ku bantu bahawe uburozi bw’ikinyabutabire kirimbuzi kitatangajwe.

Hari amakuru avuga ko ubwo burozi bushobora kuba bwaratanzwe n’Abarusiya batifuzaga ko ibiganiro bikomeza icyakora abahanga mu by’ibinyabutabire bakavuga ko uburozi bushobora kuba bwarahawe aba bantu butari ubwo kubica ahubwo bwari ubwo guca igikuba.

Ikinyamakuru Bellingcat cyo cyamaze kwemeza ko byari uburozi, mu gihe umutegetsi wo muri Leta Zunze Ubumwe za America yabwiye Ibiro Ntaramakru by’Abongereza Reuters ko ibibazo byabaye kuri bariya bantu, nta kimenyetso cyerekana ko ari uburozi ahubwo ko byatewe n’impamvu z’ikirere.

 

Roman Abramovich yabujijwe kugira icyo ahabwa ngo agishyira mu kanwa

Uyu muherwe uri kwitabira ibiganiro bihuza u Burusiya na Ukraine ku mpamvu zitazwi, gusaba bikaba bivugwa ko afite umuhate wo guhagarika intambara n’umwiryane uri hagati y’ibi Bihugu byombi, yanitabiriye ibiganiro byabaye kuri uyu wa Kabiri.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga z’Ibitangazamakuru mpuzamahanga, agaragaza Roman Abramovich yicaye ahantu hitaruye abandi.

Daily Mail itangaza ko Roman Abramovich ndetse n’intumwa za Ukraine, babujijwe kugira icyo bakoza mu kanwa bagiherewe muri ibi biganiro cyangwa kugira icyo bakoraho.

Intuma za Ukraine zahawe amacupa y’amazi afunze ndetse n’ibirahure bifunze baza kunywera muri ibi biganiro.

Uyu muburo kandi wanatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba wabagiriye inama agira ati “Ndabagirana yo kujya mu biganiro mukirinda kugira icyo murya cyangwa munywa cyangwa mukoraho.”

Amakuru aturuka ahari kubera ibi biganiro, avuga ko byatangiranye umwuka ukonje kuko nta muntu waramukije undi ngo amukore mu kiganza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 6 =

Previous Post

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Next Post

Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze

Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b'Ibihugu bayihaye ikaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.