Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere hatangajwe amakuru y’uko Umuherwe Roman Abramovich akaba na nyiri Chelsea FC, ashobora kuba yararogewe mu biganiro by’imishyikirano byahuje intumwa z’u Burusiya na Ukraine, bikavugwa ko we n’izindi ntumwa ebyiri za Ukraine zishobora kuba zarahawe uburozi bw’ikinyabutabire cy’ubumara kitazwi.

Igitangazamakuru Bellingcat gikora inkuru zicukumbuye cyatangaje bwa mbere aya makuru, cyavuze ko ubu gishobora kwemeza ko intumwa eshatu mu zitabiriye ibiganiro byabaye mu ijoro rya tariki 03 n’ 04 Werurwe 2022 zagaragaje ibimenyetso byo kuba zararozwe.

Batatu muri aba bavugwaho ko bashobora kuba bararozwe, barimo umunyemari w’Umurusiya, Roman Abramovich.

Ubwo Roman Abramovich yavaga muri ibi biganiro, yatangiye kumva atameze neza ndetse atangira kutabona neza, amaso ye atangira gutukura ari na ko uruhu rwe rutangira kugira ibibazo byo kumagara no kuvuvuka.

N’abandi babiri bo ku ruhande rwa Ukraine barimo Intumwa ya rubanda Rustem Umerov na bo bagize ibibazo nk’ibi, nyuma biza gukekwa ko byaba byaratewe n’uburozi bashobora kuba baraherewe muri ibi biganiro.

Aba bose ku munsi wakurikiye uw’ibiganiro, bahise boherezwa muri Poland nyuma baza kujyanwa muri Istanbul kuvurirwayo.

Inyandiko ya Bellingcat igira iti “Abagabo batatu bagize ibimenyetso by’uburwayi nyamara icyo gihe barariye chocolat bakanywa n’amazi mbere y’uko bagira ibyo bimenyetso. Undi muntu wa kane mu bari muri iryo tsinda we ntiyagize ibimenyetso.”

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko hashingiwe ku bizamini byafashwe aba bagabo ndetse n’ibyemezo by’impuguke, bigaragaza ko ibyo bimemyetso bikunze kuba ku bantu bahawe uburozi bw’ikinyabutabire kirimbuzi kitatangajwe.

Hari amakuru avuga ko ubwo burozi bushobora kuba bwaratanzwe n’Abarusiya batifuzaga ko ibiganiro bikomeza icyakora abahanga mu by’ibinyabutabire bakavuga ko uburozi bushobora kuba bwarahawe aba bantu butari ubwo kubica ahubwo bwari ubwo guca igikuba.

Ikinyamakuru Bellingcat cyo cyamaze kwemeza ko byari uburozi, mu gihe umutegetsi wo muri Leta Zunze Ubumwe za America yabwiye Ibiro Ntaramakru by’Abongereza Reuters ko ibibazo byabaye kuri bariya bantu, nta kimenyetso cyerekana ko ari uburozi ahubwo ko byatewe n’impamvu z’ikirere.

 

Roman Abramovich yabujijwe kugira icyo ahabwa ngo agishyira mu kanwa

Uyu muherwe uri kwitabira ibiganiro bihuza u Burusiya na Ukraine ku mpamvu zitazwi, gusaba bikaba bivugwa ko afite umuhate wo guhagarika intambara n’umwiryane uri hagati y’ibi Bihugu byombi, yanitabiriye ibiganiro byabaye kuri uyu wa Kabiri.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga z’Ibitangazamakuru mpuzamahanga, agaragaza Roman Abramovich yicaye ahantu hitaruye abandi.

Daily Mail itangaza ko Roman Abramovich ndetse n’intumwa za Ukraine, babujijwe kugira icyo bakoza mu kanwa bagiherewe muri ibi biganiro cyangwa kugira icyo bakoraho.

Intuma za Ukraine zahawe amacupa y’amazi afunze ndetse n’ibirahure bifunze baza kunywera muri ibi biganiro.

Uyu muburo kandi wanatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba wabagiriye inama agira ati “Ndabagirana yo kujya mu biganiro mukirinda kugira icyo murya cyangwa munywa cyangwa mukoraho.”

Amakuru aturuka ahari kubera ibi biganiro, avuga ko byatangiranye umwuka ukonje kuko nta muntu waramukije undi ngo amukore mu kiganza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Next Post

Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze

Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b'Ibihugu bayihaye ikaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.