Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwasabye abaturage kubaka ibibanza bitubatse kuko bituma isura y’iyi Ntara itagaragara neza, na bo bakavuga ko batanze kubaka ku bushake ahubwo ko ari amananiza aba mu kubona ibyangombwa byo kubaka.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana K. Emmanuel avuga ko abatuye muri iyi Ntara ndetse n’abayikomokamo ari bo bafite mu biganza byabo iterambere ryayo.

Ati “Ni bo bafasha kuvugurura imijyi, kuyitaka, kuyisana no kuyubaka neza.”

Gusa anenga abaza bakagura ibibanza ariko “akamara imyaka itatu atacyubatse, ugasanga cyajemo ikigunda, ugasanga umujyi urasa nabi, ndetse habeho n’ubumenyi bwo kuvuga ngo nishoye muri ibi bintu cyangwa najyanye imari yanjye aha ariko ni njyewe ugomba gufatanya n’abandi kugira ngo turebe ko twayibyaza umusaruro.”

Bamwe mu baturage bo muri iyi Ntara, babwiye RADIOTV10 ko batanze kubaka ibibanza byabo ku bushake ahubwo ko bagiye bacibwa intege n’amananiza aba mu kubona ibyangombwa byo kubaka.

Umwe muri bo yagize ati “Ikintu kitwa ibyangombwa birakomeye cyane, ni ibintu bigoye. Uraba ufite gahunda yo kubaka unafite amafaranga ariko ibyangombwa bigatinda gusohoka kugira ngo ubone uko wubaka.”

Uyu muturage asaba inzego zishinzwe imyubakire zikwiye korohereza abashaka kubaka kugira ngo ibibanza bikomeje gutuma umujyi usa nabi, byubakwe.

Ati “Ubuyobozi bwakora uko bushoboye bya byangombwa bikabone mu gihe gito kugira ngo na rwa rubanda rugufi rubone cya cyangombwa rwubake.”

Intara y’Iburasirazuba ituwe n’abaturage basaga miliyoni eshatu (3) kandi bakomeje kwiyongera ku buryo bisaba ibikorwaremezo n’imyubakire iteguye.

Abikorera bo muri iyi Ntara bemeza ko bafite gukora batikoresheke kugira ngo bubake ibi bikorwa bijyanye n’igishushanyo mbonera cya buri aho batuye bityo iterambere ryifuzwa rigerweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 13 =

Previous Post

Perezida Biden yatewe urukingo rwa kane, abazwa ku bya Russia&Ukraine aryumaho

Next Post

Icyamamare muri Sinema y’Isi Bruce Willis yahagaritse gukina film kubera uburwayi bukomeye

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza
FOOTBALL

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyamamare muri Sinema y’Isi Bruce Willis yahagaritse gukina film kubera uburwayi bukomeye

Icyamamare muri Sinema y’Isi Bruce Willis yahagaritse gukina film kubera uburwayi bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.