• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ategerejwe muri Zambia, mu ruzinduko rw’Iminsi abiri ahagirira kuva kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022.

Ni amakuru yatangajwe na Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, wavuze ko ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru we n’umugore we Mutima Hichilema, bageze mu Mujyi wa Livingston aho baje kuhakirira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda uhagirira uruzinduko rw’iminsi ibiri.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema yagize ati “Njye na madamu wanjye Mutinta Hichilema twageze mu Murwa Mukuru w’ubukerarugendo Livingstone kubera uruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.”

Biteganyijwe ko Perezida Kagame agera muri Zambia ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga kitiriwe Harry Mwaanga Nkumbula kuri uyu wa Mbere aho abakuru b’Ibihugu bombi baza kugirana ibiganiro ubundi batembere mu gice cy’ubukerarugendo cya Mosi-oa-Tunya.

Muri uru ruzinduko ruteganyijwemo gusinyirwamo amasezerano y’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi, biteganyijwe ko kuri uyu wa kabiri, Perezida Kagame na mugenzi we Hichilema bazanatembera muri Pariki y’Igihugu ya Mukuni Big Five Safaris.

Perezida Paul Kagame yaherukaga muri Zambia muri Kanama 2019 ubwo yitabiraga umuhango w’ifungurwa ry’ikigo anayoboreye Inama y’Ubutegetsi bwaco, gikurikirana Ishyirwa mu bikorwa ry’Intego zigamije Iterambere rirambye (SDGs) muri Afurika.

Icyo gihe Perezida Kagame yafatanyije na Edgar Lungu wari Perezida wa Zambia, waje gutsindwa mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama 2021.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + six =

Previous Post

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

Next Post

U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.