Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute umuntu ahanga umurimo wo gucuruza abakobwa akabanza kugira ibyo abakoresha?- P.Kagame yavuze ku bya MissRwanda

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni gute umuntu ahanga umurimo wo gucuruza abakobwa akabanza kugira ibyo abakoresha?- P.Kagame yavuze ku bya MissRwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kimaze iminsi kivugwa ko kiba mu irushanwa rya Miss Rwanda, avuga ko bitumvikana kuba umuntu yashinga kompanyi idafite abayigenga n’amategeko igenderaho agamije gucuruza abakobwa kandi na we akabanza kubakorera ihohoterwa.

Perezida Paul Kagame yabivuze mu Nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa Gatandatu aho yagarutse ku bibazo bicyugarije umuryango nyarwanda.

Umukuru w’u Rwanda akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, yagarutse ku kibazo kimaze iminsi kivugwa cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe abakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe binyuranye.

Mu ntangiro z’iki cyumweru turu gusoza, nib wo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid uyobora Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda aho akurikiranyweho gukorera ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina abitabiriye iri rushanwa mu bihe binyuranye.

Perezida Paul Kagame yavuze ko bitumvikana kuba umuntu ashinga iyi kompanyi “irebe uburanga bw’abantu hakazavamo ihohoterwa, cyatangiye gute? Ntikigira amategeko, ntikigira abagikurikirana?”

Umukuru w’u Rwanda wanengaga uburyo iyi kompanyi yakoraga ibi bikorwa byose birimo n’ibyo guhotera abantu ariko ntibikurikiranwe, yanenze uyu wayishinze ukekwaho ibi byaha.

Ati “ariko umuntu yihangiye umurimo ashyiraho abakobwa akabashukisha utuntu mbere y’uko abacuruza akabanza we ubwe akabakoresha ibyo abakoresha.”

Yakomye urusyo akoma n’ingasire, ati “Abo bana bacu na bo bakwiye kugira imico yo kubyanga bakaba babyirinda bakagira n’abo babibwira nk’uko nubundi uyu yamenyekanye kuko mu bantu cumi na bangahe bakorewe ihohoterwa havuyemo umwe arabyanga ariko ndetse yakwanga bakamureba igitsure bakamubwira ko bashobora kumuhana bakamwima ibyo yari akwiye kuba abona.”

Perezida Kagame yavuze ko kandi iki kibazo kiri no mu bigo bya Leta nka za Minisiteri cyo kuzamura abantu mu ntera kuko babanje gukoreshwa izo ngeso mbi, avuga ko ibi bidakwiye kuba mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 20 =

Previous Post

Kigali: Amacupa 247 ya mukorogo yafatanywe abacuruzi babiri barimo uwari warabifungiwe

Next Post

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.