Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA
1
VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunda umupira muzi kwizihirwa kuba ku kibuga iyo amakipe yacakiranye, bikaba akarusho iyo ukurikiranye uri kuwogeza agaruka ku macenga n’udukoryo biwurimo, gusa uwava i Kigali akajya kureba umupira mu Murenge wa Kiyombe muri Nyagatare ashobora gutaha ntacyo yumvise kubera ururimi bavuga.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yarikoze ajya kureba umupira wari wahuje amakipe y’ibigo by’amashuri byo mu Kagari ya Cyondo mu Murenge wa Kiyombe, gusa uyu mukino warinze urangira nta jambo na rimwe yumvise.

Abatuye muri aka gace bavuga ururimi rw’Igikiga ruvugwa n’abatuye muri Uganda ahahana imbibi n’aka gace, umwe mu baturage arogeza umupira gusa umunyamakuru ntacyo ari gutoramo.

Aba Banyarwanda bavuga ko no mu mashuri bigamo baba bivugira uru rurimi-shami bigatuma abanyeshuri batsinda Isomo ry’Ikinyarwanda ari mbarwa.

Umwe mu barezi, yabwiye RADIOTV10 ko nk’umwana ugitangira ishuri, aba ameze nk’umunyamahanga kuko mu ishuri haba hakoreshwa ururimi rw’Ikinyarwanda mu gihe abana baba batazi kukivuga.

Uyu murezi avuga ko uko abana bagenda bazamuka mu ishuri baba bumva Ikinyarwanda ariko kukivuga bikababera ihurizo ritoroshye.

Ati “Ugasanga umwarimo arigisha Ikinyarwanda n’Igikiga, arabivanga, akavuga Ikinyarwanda bikaba ngombwa ko asobanura mu Gikiga.”

Umwe mu banyeshuri wiga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, avuga ko amaze kumenya Ikinyarwanda ariko ko kikiri gicye ugereranyije n’Igikiga.

Ati “Kubera ko ari cyo tuba twavukiyemo [Igikiga] tuvuga Ikinyarwanda gacye, Igikiga tukakivuga nk’ururimi twavukiyemo.”

Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Nyagatare, Batamuriza Edith avuga ko ubuyobozi bufite gahunda yo kurushaho kwigisha Ikinyarwanda mu bice byegereye Igihugu cya Uganda kuko ababituye baba batakize bihagije kandi ari ururimi rwabo kavukire.

Ati “Dufite gahunda Uburezi iwacu ni uburezi bwo mu miryango, ku buryo abana baba bari mu miryango no ku ishuri, tuzashyiramo imbaraga turebe ko ari icyahinduka.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baptist says:
    4 years ago

    Oya,ntekereza ko atari ko kuri(gutsindwa Ikinyarwanda)biterwa n’umuntu,n’ubushobozi afite kuko twigishije henshi kandi bavukiye,bakurira mu miryango ivuga Ikinyarwanda ariko bagatsindwa.
    Twiga indimi,tukazivuga neza kandi ari two rurimi kavukire.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

Next Post

Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Dosiye y'ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.