• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA
1
VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunda umupira muzi kwizihirwa kuba ku kibuga iyo amakipe yacakiranye, bikaba akarusho iyo ukurikiranye uri kuwogeza agaruka ku macenga n’udukoryo biwurimo, gusa uwava i Kigali akajya kureba umupira mu Murenge wa Kiyombe muri Nyagatare ashobora gutaha ntacyo yumvise kubera ururimi bavuga.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yarikoze ajya kureba umupira wari wahuje amakipe y’ibigo by’amashuri byo mu Kagari ya Cyondo mu Murenge wa Kiyombe, gusa uyu mukino warinze urangira nta jambo na rimwe yumvise.

Abatuye muri aka gace bavuga ururimi rw’Igikiga ruvugwa n’abatuye muri Uganda ahahana imbibi n’aka gace, umwe mu baturage arogeza umupira gusa umunyamakuru ntacyo ari gutoramo.

Aba Banyarwanda bavuga ko no mu mashuri bigamo baba bivugira uru rurimi-shami bigatuma abanyeshuri batsinda Isomo ry’Ikinyarwanda ari mbarwa.

Umwe mu barezi, yabwiye RADIOTV10 ko nk’umwana ugitangira ishuri, aba ameze nk’umunyamahanga kuko mu ishuri haba hakoreshwa ururimi rw’Ikinyarwanda mu gihe abana baba batazi kukivuga.

Uyu murezi avuga ko uko abana bagenda bazamuka mu ishuri baba bumva Ikinyarwanda ariko kukivuga bikababera ihurizo ritoroshye.

Ati “Ugasanga umwarimo arigisha Ikinyarwanda n’Igikiga, arabivanga, akavuga Ikinyarwanda bikaba ngombwa ko asobanura mu Gikiga.”

Umwe mu banyeshuri wiga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, avuga ko amaze kumenya Ikinyarwanda ariko ko kikiri gicye ugereranyije n’Igikiga.

Ati “Kubera ko ari cyo tuba twavukiyemo [Igikiga] tuvuga Ikinyarwanda gacye, Igikiga tukakivuga nk’ururimi twavukiyemo.”

Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Nyagatare, Batamuriza Edith avuga ko ubuyobozi bufite gahunda yo kurushaho kwigisha Ikinyarwanda mu bice byegereye Igihugu cya Uganda kuko ababituye baba batakize bihagije kandi ari ururimi rwabo kavukire.

Ati “Dufite gahunda Uburezi iwacu ni uburezi bwo mu miryango, ku buryo abana baba bari mu miryango no ku ishuri, tuzashyiramo imbaraga turebe ko ari icyahinduka.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baptist says:
    4 years ago

    Oya,ntekereza ko atari ko kuri(gutsindwa Ikinyarwanda)biterwa n’umuntu,n’ubushobozi afite kuko twigishije henshi kandi bavukiye,bakurira mu miryango ivuga Ikinyarwanda ariko bagatsindwa.
    Twiga indimi,tukazivuga neza kandi ari two rurimi kavukire.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + five =

Previous Post

Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

Next Post

Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Dosiye y'ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.