Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA
1
VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunda umupira muzi kwizihirwa kuba ku kibuga iyo amakipe yacakiranye, bikaba akarusho iyo ukurikiranye uri kuwogeza agaruka ku macenga n’udukoryo biwurimo, gusa uwava i Kigali akajya kureba umupira mu Murenge wa Kiyombe muri Nyagatare ashobora gutaha ntacyo yumvise kubera ururimi bavuga.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yarikoze ajya kureba umupira wari wahuje amakipe y’ibigo by’amashuri byo mu Kagari ya Cyondo mu Murenge wa Kiyombe, gusa uyu mukino warinze urangira nta jambo na rimwe yumvise.

Abatuye muri aka gace bavuga ururimi rw’Igikiga ruvugwa n’abatuye muri Uganda ahahana imbibi n’aka gace, umwe mu baturage arogeza umupira gusa umunyamakuru ntacyo ari gutoramo.

Aba Banyarwanda bavuga ko no mu mashuri bigamo baba bivugira uru rurimi-shami bigatuma abanyeshuri batsinda Isomo ry’Ikinyarwanda ari mbarwa.

Umwe mu barezi, yabwiye RADIOTV10 ko nk’umwana ugitangira ishuri, aba ameze nk’umunyamahanga kuko mu ishuri haba hakoreshwa ururimi rw’Ikinyarwanda mu gihe abana baba batazi kukivuga.

Uyu murezi avuga ko uko abana bagenda bazamuka mu ishuri baba bumva Ikinyarwanda ariko kukivuga bikababera ihurizo ritoroshye.

Ati “Ugasanga umwarimo arigisha Ikinyarwanda n’Igikiga, arabivanga, akavuga Ikinyarwanda bikaba ngombwa ko asobanura mu Gikiga.”

Umwe mu banyeshuri wiga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, avuga ko amaze kumenya Ikinyarwanda ariko ko kikiri gicye ugereranyije n’Igikiga.

Ati “Kubera ko ari cyo tuba twavukiyemo [Igikiga] tuvuga Ikinyarwanda gacye, Igikiga tukakivuga nk’ururimi twavukiyemo.”

Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Nyagatare, Batamuriza Edith avuga ko ubuyobozi bufite gahunda yo kurushaho kwigisha Ikinyarwanda mu bice byegereye Igihugu cya Uganda kuko ababituye baba batakize bihagije kandi ari ururimi rwabo kavukire.

Ati “Dufite gahunda Uburezi iwacu ni uburezi bwo mu miryango, ku buryo abana baba bari mu miryango no ku ishuri, tuzashyiramo imbaraga turebe ko ari icyahinduka.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baptist says:
    4 years ago

    Oya,ntekereza ko atari ko kuri(gutsindwa Ikinyarwanda)biterwa n’umuntu,n’ubushobozi afite kuko twigishije henshi kandi bavukiye,bakurira mu miryango ivuga Ikinyarwanda ariko bagatsindwa.
    Twiga indimi,tukazivuga neza kandi ari two rurimi kavukire.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

Next Post

Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Dosiye y'ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.