Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bicamumpaka wabaye Minisitiri muri Leta y’Abatabazi yapfiriye muri Kenya

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bicamumpaka wabaye Minisitiri muri Leta y’Abatabazi yapfiriye muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Jérôme Bicamumpaka wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri leta yiyise iy’abatabazi, waburanishijwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda i Arusha, yapfiriye muri Kenya.

Jérôme Bicamumpaka wari wararekuwe n’Urukiko rw’i Arusha, na we ari mu Banyarwanda bagombaga kwerecyeza muri Niger ariko akaza kuguma i Arusha kubera uburwayi.

Amakuru yizewe yageze kuri RADIOTV10, yemeza ko uyu mugabo wabaye umwe mu bari bagize Guverinoma yiyise iy’abatabazi, yapfiriye i Nairobi muri Kenya aho yari arwariye.

Uyu Jérôme Bicamumpaka waburanishijwe na ICTR/TPIR, yari yaragizwe umwere n’uru rukiko akaba yari yarabanje kubura Igihugu kimwakira kimwe na bamwe mu Banyarwanda bari baraburanishijwe n’uru rukiko.

Amasezerano uru rukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwagiranye na Leta ya Niger yo koherezayo Abanyarwanda barimo abari bararangije ibihano n’abagizwe abere, yatumye abagera muri barindwi berecyeza muri iki Gihugu mu gihe uyu Jérôme Bicamumpaka we yari yasigaye kubera uburwayi.

Uyu Jérôme Bicamumpaka asanzwe afite umuryango muri Canada, ariko iki Gihugu cyari cyaranze kumwakira.

Uyu mugabo wapfuye ku myaka 65 y’amavuko, ni umwe mu bantu 402 bashinze ishyaka rya MDR ryashinzwe mu 1991, akaba yaravukiye mu yahoze ari Komini Ruhondo muri Perefegitura ya Ruhengeri.

Muri Nyakanga 1994 kimwe n’abandi bari bamaze kuyobora umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi, yahungiye mu cyahoze ari Zaire, nyuma za kujya i Yaoundé muri Cameroon.

Muri Mata 1999 yatawe muri yombi n’Ubushinjacyaha bwa ICTR/TPIR ashinjwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi atangira kuburanishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eleven =

Previous Post

Huye: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5 bamuguyeho yamukuyemo imyenda

Next Post

AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk’ibereye abagore

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

IZIHERUKA

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye
AMAHANGA

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

22/12/2025
Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk’ibereye abagore

AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk'ibereye abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.