Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bane b’umunyemari Alfred Niyonzima witabye Imana, batonganiye ku Bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke ubwo buri wese yangaga ko mucyeba we areba umurambo w’umugabo wabo.

Umunyemari Alfred Niyonzima akaba nyiri Moteli yitwa Kumbya Ecology Tourism, yitabye Imana mu cyumweru gishize aguye muri Repubulika ya Centrafrique.

Abo mu muryango wa nyakwigendera babwiye RADIOTV10 ko uyu munyemari yapfuye mu buryo butunguranye kuko babyutse bagasanga yitabye Imana.

Kuri uyu wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022, ni bwo umurambo wa nyakwigendera wagejejwe mu Rwanda uhita ujyanwa mu bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke.

Uyu munyemari wari warashatse abagore barenze umwe, bose uko ari bane bahuriye ku Bitaro bya Kibogora bagiye kureba umurambo ariko buri wese yanga ko mugenzi we awureba kuko buri umwe yifuzaga ko ari we uwureba ariko mucyeba we ntawugereho.

Umukozi w’Ibitaro bya Kibogora winjije umurambo wa nyakwigendera muri ibi Bitaro, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo cy’abagore banze ko buri wese areba umurambo w’umugabo wabo, cyabayeho koko, bigatuma ubuyobozi bw’Ibitaro bufata icyemezo.

Yagize ati “Bo ubwabo babuze uwumvikana n’undi ko bamurebaho bose, bibuze gica biba ngombwa ko mama we w’umukecuru ubyara uwo mugabo ari we ujya kumureba gusa.”

Uyu mukozi w’ibitaro bya Kibogora avuga ko ubuyobozi bw’ibitaro bwahise buha amabwiriza abacunga uburuhukiro kutagira uwo bwemerera kugera ku murambo wa nyakwigendera uretse umubyeyi we.

Ati “Nyine bakawukanye basa nk’ababwirana nabi ariko ntawigeze avuga igitutsi gikangaraye, birangije barababwira ngo niba ari uko bimeze nimugende muzagaruke ku Cyumweru.”

Avuga kandi ko muri abo bagore harimo n’umugore mukuru w’isezerano ndetse ko na we atemerewe kureba umurambo w’umugabo we.

Ati “Umugore we mukuru yavugaga ati ‘ntabwo dushaka ko umutoya amure’, ni uko birangira gutyo nyine barataha.”

Nyakwigendera Alfred Niyonzima ashimirwa uruhare yagize mu guteza imbere ubukerarugendo by’umwihariko ubushingiye ku nyoni ziguruka hejuru y’ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke.

Sitio NDOLI
RADIOTV10/Nyamasheke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eleven =

Previous Post

AMAFOTO: Urukundo ruragurumana hagati ya Judith wahoze ari Muka-Safi n’umusore w’amatuza

Next Post

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

Related Posts

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America
MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

06/11/2025
Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.