Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hamwe mu hagomba gucumbikirwa abimukira bazaturuka mu Bwongereza hamaze gutunganywa ubu igisigaye ari uko baza ndetse ko gahunda ihari ari uko bazaza mu gihe cya vuba.

Guverinoma y’u Rwanda yerekanye ahantu hatatu muri hatanu hagomba kuzakirirwa abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza nyuma y’uko iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi kigiranye amasezerano n’u Rwanda.

Hamwe mu hazakirirwa aba bimkira harimo inyubako izwi nka Hope House yahoze icumbikorwamo abanyeshuri barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi batagira imiryango, iherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Uretse iyi Hope House ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 100, Hari kandi hoteli ya Desire Resort na yo iri mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kinyinya yo ifite ibyumba 72, hakaba na Hallmark residences, yo ifite ibyumba 102.

Ni inyubako zubatse mu buryo bugezweho, zamaze gushyirwamo ibikorwa remezo byose bizafasha abazazicumbikirwamo kugira ubuzima bwiza aho zose zihuriye kuba zifite ibikoresho byo kuraraho bigezweho, ibyo gukoresha mu masuku ndetse n’iby’itumanaho n’ikoranabuhanga.

Izi nyubako zimwe zifite aho kogera [Piscine] ndetse n’aho gukorera imyitozo ngororamubiri n’indi mikino nk’iy’amaboko.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko ubu haramutse haje abimukira 500, babona aho baba.

Ati “Haje 500 ba mbere, twabakira ariko bazagenda baza mu byiciro ariko nta gutungurana kurimo, bazakubwira bati ‘wenda mu byumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere turohereza abantu 300’, niba hari ahandi hantu tugomba gutegura tuhategure.”

Akomeza agira ati “Mwumve ko igihe icyo ari cyo cyose abantu ba mbere baza, twiteguye kubakira.”

Mukuralinda avuga ko abimukira bazacumbikirwa muri za Hoteli, bazacungwa nk’uko abandi bantu bacumbitse muri hoteli bacungwa.

Ati “Bazabacunga nk’uko basanzwe bacunga abantu bacumbitsemo, ntabwo abantu baje muri Gereza, ntabwo abantu baje gufungwa, bazaba binyagambura, bazaba bidegembya. Urabyumva ariko nawe uri umunyamahanga ukagera ahantu ntabwo uzidegembya utarahamenyera, ariko namara kuhamenyera akavuga ati ‘iyi weekend ndajya i Rubavu, indi ndajya kuri Muhazi, ndajya gusura Akagera ndajya gusura Ingagi, ’ntawe uzamubuza niba afite uburyo.”

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yagarutse kuri iyi gahunda yo kubungabunga ubuzima bw’abikumukira yashyizweho umukono n’u Rwanda n’u Bwongereza mu kwezi gushize ariko ikomeje kugarukwaho na bamwe bayinenga.

Dr Ngirente yavuze ko ubusanzwe kwakira abantu nk’aba bari mu majye, ari ubugiraneza kandi ko ari kimwe mu byakunze kuranga Leta y’u Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo turi Igihugu cyakwifuza ko abantu bababara kandi dufite ahantu twabashyira tukagira ibyo dusangira na bo […] wakiriye umuntu rero umugirira neza hakagira ubirakarira, uwo nyine arihangana ntakundi.”

Iyi gahunda yanenzwe na benshi barimo n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres aho bavugaga ko u Bwongereza bwikuyeho inshingano bwagombaga gukora, Leta y’u Rwanda ndetse n’u Bwongereza bakunze gusobanura impamvu yayo.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko uyu mutima wo gufasha, washibutse mu mateka atari meza Abanyarwanda banyuzemo aho kimwe mu gice cyabo kigeze kumara igihe cyarahejwe ku Gihugu cyabo, ikavuga ko mu gihe ibona hari icyo yakora ku bariho mu buzima bugoye, ntacyabuza u Rwanda gutanga amaboko yarwo.

 

Hari n’abazaba muri Hoteli
Piscine zo kwizimya izuba zirahari
Uburiri
Ababishaka bazajya banakora imyitozo ngororamubiri
Mu ruganiriro

Bazacumbikirwa mu nyubako zigezweho

Photos © RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − three =

Previous Post

Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

Next Post

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.