• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubano mwiza no mu Gisirikare: Ingabo z’u Bufaransa zagendereye iz’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA
0
Umubano mwiza no mu Gisirikare: Ingabo z’u Bufaransa zagendereye iz’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi abiri Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura agiriye uruzinduko mu Bufaransa, itsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa riri mu ruzinduko mu Rwanda aho ryakiriwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Iri tsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa riri mu Rwanda mu ruzinduko rw’umunsi umwe, riyobowe na Col François De JABRUN, ryakiriwe n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Gisirikare cy’u Rwanda, Col Patrick Karuretwa.

Iri tsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa ryakiriwe ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, ryagiranye ibiganiro n’itsinda ry’ingabo z’u Rwanda.

Uru ruzinduko rw’umunsi umwe rw’itsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa, rubaye nyuma y’amezi abiri Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura agiriye uruzinduko mu Bufaransa muri Werurwe 2022.

Col Patrick Karuretwa wakiriye iri tsinda ryaje mu Rwanda, yari yanaherekeje General Jean Bosco Kazura mu ruzinduko rw’Iminsi ine yagiriye i Paris kuva tariki 14 Werurwe 2022 aho yari kumwe n’Ushinzwe Iperereza mu Gisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Vincent Nyakarundi.

Icyo gihe Gen Jean Bosco Kazura wanakiriwe na mugenzi we w’Ingabo z’u Bufaransa, Gen Thierry Burkhard, bagiranye ibiganiro bigamije gutsimbataza umubano n’imikoranire hagati y’ingabo ku mpande z’Ibihugu byombi.

Uru ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, rwabaye nyuma y’uko u Rwanda n’u Bufaransa bitangiye inzira nshya mu mubano wakunze kugaragaramo igitotsi bitewe n’uruhare iki Gihugu cy’i Burayi cyagize muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariko kigakomeza kurwihunza no kuruhakana.

Kuva Perezida Emmanuel Macron yatorerwa kuyobora u Bufaransa muri manda ye ya mbere, umubano w’ibi Bihigu byombi waranzwe n’isura nshya aho muri Werurwe 2021 hasohotse Raporo yitiriwe Duclert yagaragaje uruhare rukomeye rw’u Bufaransa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Nyuma y’amezi abiri kandi, muri Gicurasi 2021, Perezida Emmanuel Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, anasura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zisaga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ahavugira ijambo ryumvikanyemo gusaba imbabazi no kongera kwemera uruhare Igihugu cye cyagize mu byabaye mu Rwanda.

Col Patrick Karuretwa yahaye impano iri tsinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − one =

Previous Post

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Next Post

Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.