Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi muri Guverinoma avuze kuri Visi Meya wabajijwe n’umunyamakuru akamufata nk’utamwumvise

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA
1
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze wabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru akamuringana, yagaragaje ko kubaka ubushobozi bw’abayobozi bo mu z’ibanze bisaba guhozaho.

Kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo Twitter, hagaragaye amashusho yerekana Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle abazwa ikibazo n’umunyamakuru akamwumva yarangiza akamwihorera.

Aya mashusho yagarutsweho cyane, bamwe bagaya imyitwarire y’uyu muyobozi ndetse harimo n’abatatinye kuvuga ko akwiye kwegura.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney uyobora Minisiteri ifite mu nshingano inzego z’ibanze, na we yagize icyo avuga kuri iyi myitwarire y’uyu muyobozi.

Yagize ati “Biradusaba gukomeza kubaka ubushobozi bw’abayobozi n’abakozi bo mu nzego z’ibanze (Capacity building) kugira ngo bamenye uburyo bukwiriye n’imyitwarire mu gukorana n’itangazamakuru.”

Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yakomeje yibutsa abayobozi bo mu nzego z’ibanze ko “bafite inshingano zo gutanga amakuru nk’uko biteganwa n’amategeko.”

Uyu muyobozi wanze gusubiza abanyamakuru ubwo bamubazaga ku kibazo cy’inzu zubakiwe abaturage batishoboye mu Murenge wa Shingiro zangiritse zitaruzuza umwaka, we yatangaje ko yabajijwe ikibazo atari afitiye igisubizo agahitamo kwicecekera.

Kamanzi Axelle wanigeze kuba umunyamakuru, ubwo yari imbere ya microphone abazwa iki kibazo, yacyumvise ategereza ko umunyamakuru asoza kubaza, arangije araruca ararumira hashize amasegonda icyenda, Umunyamakuru yongera kumusubiriramo, yongera guceceka ari na bwo umunyamakuru yabonaga ko adashaka kumusubiza agahita amushimira, undi agahita ahindukira akigendera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier na we yagize icyo avuga kuri iyi myitwarire, avuga ko ibyo yakoze ari ikosa ry’akazi bikaba bisaba abandi bayobozi kumuganiriza no kumugira inama.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ganza Chris says:
    4 years ago

    Nkuyu yagahise yegura byihuse

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Next Post

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
MU RWANDA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.