Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi muri Guverinoma avuze kuri Visi Meya wabajijwe n’umunyamakuru akamufata nk’utamwumvise

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA
1
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze wabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru akamuringana, yagaragaje ko kubaka ubushobozi bw’abayobozi bo mu z’ibanze bisaba guhozaho.

Kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo Twitter, hagaragaye amashusho yerekana Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle abazwa ikibazo n’umunyamakuru akamwumva yarangiza akamwihorera.

Aya mashusho yagarutsweho cyane, bamwe bagaya imyitwarire y’uyu muyobozi ndetse harimo n’abatatinye kuvuga ko akwiye kwegura.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney uyobora Minisiteri ifite mu nshingano inzego z’ibanze, na we yagize icyo avuga kuri iyi myitwarire y’uyu muyobozi.

Yagize ati “Biradusaba gukomeza kubaka ubushobozi bw’abayobozi n’abakozi bo mu nzego z’ibanze (Capacity building) kugira ngo bamenye uburyo bukwiriye n’imyitwarire mu gukorana n’itangazamakuru.”

Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yakomeje yibutsa abayobozi bo mu nzego z’ibanze ko “bafite inshingano zo gutanga amakuru nk’uko biteganwa n’amategeko.”

Uyu muyobozi wanze gusubiza abanyamakuru ubwo bamubazaga ku kibazo cy’inzu zubakiwe abaturage batishoboye mu Murenge wa Shingiro zangiritse zitaruzuza umwaka, we yatangaje ko yabajijwe ikibazo atari afitiye igisubizo agahitamo kwicecekera.

Kamanzi Axelle wanigeze kuba umunyamakuru, ubwo yari imbere ya microphone abazwa iki kibazo, yacyumvise ategereza ko umunyamakuru asoza kubaza, arangije araruca ararumira hashize amasegonda icyenda, Umunyamakuru yongera kumusubiriramo, yongera guceceka ari na bwo umunyamakuru yabonaga ko adashaka kumusubiza agahita amushimira, undi agahita ahindukira akigendera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier na we yagize icyo avuga kuri iyi myitwarire, avuga ko ibyo yakoze ari ikosa ry’akazi bikaba bisaba abandi bayobozi kumuganiriza no kumugira inama.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ganza Chris says:
    4 years ago

    Nkuyu yagahise yegura byihuse

    Reply

Leave a Reply to Ganza Chris Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 5 =

Previous Post

Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Next Post

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

Related Posts

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, atari igitangaza, kandi ko...

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

by radiotv10
11/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abakomeje kwinangira kwitabira gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga, kubikora bidasabye uru rwego rubahamagara cyangwa rukabasanga aho bari....

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

IZIHERUKA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

U Rwanda rwemeje ko nirukomeza kuraswaho ruzasubiza mu buryo bwa gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.