Ukekwaho kwiba mudasobwa ebyiri z’Ikigo cy’Ubuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo wagaragaye mu mashusho yafashwe na camera z’umutekano, yatawe muri yombi nyuma y’iminsi itatu habaye ubu bujura akekwaho, aho yafatiwe mu Karere ka Ngororero
Uyu mugabo yagaragaye mu mashusho yafashwe na camera z’umutekano zari mu cyumba kibwemo izo mudasobwa ebyiri za Centre de Santé ya Buyoga yo mu Karere ka Rulindo mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 10 rishyira ku wa Gatandatu tariki 11 Mata 2026.
Amakuru yahawe umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, avuga ko “ukekwa yafashwe ku wa 14.04.2026 Saa 16:45 mu Murenge wa Kabaya, mu Karere ka Ngororero.”
Uwatanze amakuru wo mu nzego z’ibanze, yagize ati “Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, DASSO na Police hafashwe uwitwa Dufitimana Lamecky ukekwaho kwiba Machine 2 zo mu bwoko bwa Laptop mu Kigo Nderabuzima cya Buyoga, mu Karere ka Rulindo mu ijoro rya tariki 10.04.2026 rishyira 11.04.2026.”
Uyu ukekwaho gukora ubu bujua kandi asanzwe akorera muri Kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agacio izwi nka Kabaya Mining Ltd.
Uyu Dufitimana Lamecky ukekwaho ubu bujura bwa mudasobwa, nyuma yo gufatwa, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi Ngororero kugira ngo hakorwe iperereza ry’ibanze, anakurikiranwe n’inzego kuri ibi akekwaho.


RADIOTV10










