• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/04/2026
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Itegeko rishyiraho Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda (National Defence University-Rwanda/NDU-R), riteganya ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ari Umuyobozi w’Icyubahiro wayo.

Iyi kaminuza izaba ihuriyemo amashuri makuru ya RDF, aya Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza NISS, iteganywa n’itegeko ryasohotse mu Igazeti ya Leta yo ku wa 10 Mata 2026.

Nk’uko biteganywa n’iri tegeko, Inzego z’imiyoborere z’iyi Kaminuza, zirimo Ubuyobozi bw’Icyubahiro, Inama Nkuru y’Ubuyobozi; Urwego Nshingwabikorwa; Urwego rushinzwe imyigire n’imyigishirize na Komite Nkuru y’Ubuyobozi.

Iri tegeko mu ngingo yaryo ya 11 igaragaza ko Umuyobozi w’Icyubahiro (Chancellor) w’iyi Kaminuza ari Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, akaba ari Perezida Paul Kagame.

Nk’umuyobozi w’Ikirenga, Perezida afite ububasha bwo gutanga umurongo mugari n’icyerekezo mu miyoborere n’imikorere by’iyi Kaminuza, hagamijwe gutoza no gutegura inzobere mu by’umutekano n’Igisirikare ku rwego ruhanitse.

Umuyobozi w’Icyubahiro kandi ni we uzajya ayobora ibikorwa byo gutanga impamyabumenyi ku bazajya barangiza muri iyi Kaminuza, cyangwa akagena umuhagarararira mu izina rye.

Iyi Kaminuza izafasha u Rwanda kwagura no kunoza uburyo ruhangana n’ibibazo by’umutekano, bigenda bihindura isura uko imyaka ishira indi igataha.

Izagira uruhare kandi mu gutanga imyitozo, amahuguwa, ubumenyi n’ubushakashatsi mu bya gisirikare n’umutekano, ndetse inagire uruhare mu guteza imbere ubutwererane n’imikoranire mpuzamahanga mu buburezi bwa gisirikare.

Iyi Kaminuza izajya itanga amahugurwa n’imyitozo ku bo mu nzego zirimo iza gisirikare n’iz’umutekano zirimo Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Iperereza NISS.

Inama y’Ubutegetsi izaba igizwe n’abantu 13, nk’urundi rwego rw’imiyoborere y’iyi Kaminuza, ni yo izaba ifata ibyemezo byayo, inagenzure ibikorwa byayo bya buri munsi.

Uretse Umuyobozi w’Icyubahiro w’iyi Kaminuza, mu bandi bayobozi bayo, harimo Umuyobozi Mukuru (Vice-Chancellor) akaba ari na we mwanditsi w’inama.

Hari kandi Uhagarariye abarimu n’abashakashatsi utorwa na bagenzi be, hakaba Ushinzwe igenzura ry’ubuziranenge (quality assurance), Umuyobozi umwe (Dean) utorwa na bagenzi be, hakaba n’uhagarariye abanyeshuri.

Inama y’Ubutegetsi kandi, Itegeko ritegeko ko nibura 30% by’abayigize bagomba kuba ari abagore mu gihe abatari mu nama y’ubutegetsi kubera imyanya bafite bagira manda y’imyaka ine ishobora kongerwa rimwe.

Ahazakorera iyi Kaminuza ya Gisirikare mu Rwanda, hatangiye kubakwa mu Murenge wa Bumbogo Mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali nk’uko biherutse gutangazwa n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Iyi Kaminuza ya Gisirikare mu Rwanda NDU-R ifite icyicaro mu Mujyi wa Kigali, ariko ikaba yakwimurirwa ahandi mu Rwanda mu gihe byakwemezwa Iteka rya Perezida wa Repubulika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 7 =

Previous Post

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

Next Post

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.