Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku masezerano yemeza ko Urwego Ruhuriweho EJVM ruzaba rurimo n’abahagarariye iri Huriro mu kugenzura agahenge.
Amakuru dukesha umunyamakuru Steve Wembi, avuga ko iri Huriro AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano y’ubwumvikane mu Busuwisi ahamaze iminsi hari kubera ibiganiro.
Uyu munyamakuru avuga ko “Mu gusinya aya masezerano na AFC/M23, Urwego Ruhuriweho Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) ruzakora rugenzurwa n’ Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) rwahise rwitwa EJVM+”
Yavuze kandi ko mu bikorwa by’uru Rwego “AFC/M23 izohereza abasirikare mu rwego rwo gukurikirana cyangwa kugenzura agahenge ko guhagarika imirwano.”
Urwego rwa EJVM ruzakorana na MONUSCO mu myiteguro yo gushyigikira amahoro n’umutekano mu bice bimwe na bimwe, birimo umujyi wa Uvira wari warafashwe na AFC/M23 ikaza kuwurekura ku bushake bisabwe na Leta Zunze Ubumwe za America.
Ihuriro AFC/M23 rijya kurekura uyu Mujyi wa Uvira, ryari ryasabye ko wagenzurwa n’ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, ariko rikimara kuwukuramo abarwanyi baryo, wahise wigabizwa n’abambari ba FARDC barimo Wazalendo na FDLR.
Aya masezerano asinyiwe muri ibi biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi ku Mugabane w’u Burayi, aho byimukiye nyuma y’ibyabereye muri Qatar.

RADIOTV10









