Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abajya gushakishiriza imibereho muri Congo bagaragaje agahinda kubera kutajyayo

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
0
Abajya gushakishiriza imibereho muri Congo bagaragaje agahinda kubera kutajyayo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bakunze kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye kuri Stade Umuganda i Rubavu, bagaragaza agahinda batewe no kuba ingendo zabo zahubanganye.

Aba bacuruzi biganjemo abasanzwe bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka, babangamiwe no kuba ingendo bakoraga zajemo ikibazo kubera ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, baramukiye kuri Stade Umuganda, bagaragaza akababaro batewe n’ingaruka z’ibi bibazo zirimo guhagarika ingendo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahari kubera ibi bikorwa by’abaturage bagaragaza agahinda kabo, yasanze abaturage biganjemo ab’igitsinagore basanzwe bakora ubu bucuruzi bicaye hasi bamwe biyasira bavuga ko bababajwe no kuba batabashije gukomeza imirimo yabo.

Aba baturage bavuga ko nyuma yuko bagiriwe inama zo kutajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no kuba hari abajyayo bakagirirwa nabi, babona ubuzima bugiye kubagora kuko ubucuruzi bakoraga ari bwo bwari bubatunze.

Bavuga ko basanzwe babona ibibatunga ari uko bakoze aka kazi kabo k’ubucuruzi bwambukiranya imipaka none bakaba babuze uko bajya kurangura no gucuruza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, yagiriye inama Abanyarwanda kwitondera kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera umwuka uhari ndetse n’imvugo z’urwango zavuzwe na bamwe mu bayobozi bo muri iki Gihuhu.

Yagize ati “Buri wese aho ari yagakwiye kwibwira ibyo akwiye gukora. Ntabwo wabona amagambo avuga atya ngo hanyuma uvuge ko kubera ko Leta itabikubwiye ugiye kujya muri Congo nkuko byari bisanzwe. Ibintu ntabwo bimeze nkuko byari bisanzwe, biragaragara.”

Dr Vincent Biruta yavuze ko inzego z’Ibanze zaganirije abaturage bo mu bice byo ku mpiaka zikababwira uko ibintu byifashe kugira ngo barusheho kwitwararika mu gihe baba batekereza kujya muri DRC.

Ati “Ntawababwira ngo umutekano urizewe. Ibyo twarabibabwiye, ntabwo byaciye ku maradiyo ngo tujye gutanga amabwiriza yandi mu buryo bwa rusange kuko duhora twizeye ko ibibazo bishobora gucururuka ibibazo bikarangira ariko twabwiye bariya bo ku mipaka bakunze kwambuka bagiye mu bucuruzi hakurya muri DRC.”

Abasesengura ibibazo biherutse kuvuga hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko iyo ibibazo bivutse hagati y’ibi Bihugu, abaturage bavuga Ikinyarwanda bari muri Congo kabone nubwo baba ari Abanye-Congo, baba bagatowe.

Ibi kandi bishimangirwa n’imvugo z’urwango zavuzwe na bamwe mu bayobozi barimo Umukuru wa Polisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Gen Aba Van Ang yabasabye abaturage gufata imihoro bagatema Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, mu nama yakoresheje mu cyumweru gishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Next Post

Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Kirehe: Agahinda k'umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.