Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abajya gushakishiriza imibereho muri Congo bagaragaje agahinda kubera kutajyayo

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
0
Abajya gushakishiriza imibereho muri Congo bagaragaje agahinda kubera kutajyayo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bakunze kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye kuri Stade Umuganda i Rubavu, bagaragaza agahinda batewe no kuba ingendo zabo zahubanganye.

Aba bacuruzi biganjemo abasanzwe bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka, babangamiwe no kuba ingendo bakoraga zajemo ikibazo kubera ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, baramukiye kuri Stade Umuganda, bagaragaza akababaro batewe n’ingaruka z’ibi bibazo zirimo guhagarika ingendo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahari kubera ibi bikorwa by’abaturage bagaragaza agahinda kabo, yasanze abaturage biganjemo ab’igitsinagore basanzwe bakora ubu bucuruzi bicaye hasi bamwe biyasira bavuga ko bababajwe no kuba batabashije gukomeza imirimo yabo.

Aba baturage bavuga ko nyuma yuko bagiriwe inama zo kutajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no kuba hari abajyayo bakagirirwa nabi, babona ubuzima bugiye kubagora kuko ubucuruzi bakoraga ari bwo bwari bubatunze.

Bavuga ko basanzwe babona ibibatunga ari uko bakoze aka kazi kabo k’ubucuruzi bwambukiranya imipaka none bakaba babuze uko bajya kurangura no gucuruza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, yagiriye inama Abanyarwanda kwitondera kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera umwuka uhari ndetse n’imvugo z’urwango zavuzwe na bamwe mu bayobozi bo muri iki Gihuhu.

Yagize ati “Buri wese aho ari yagakwiye kwibwira ibyo akwiye gukora. Ntabwo wabona amagambo avuga atya ngo hanyuma uvuge ko kubera ko Leta itabikubwiye ugiye kujya muri Congo nkuko byari bisanzwe. Ibintu ntabwo bimeze nkuko byari bisanzwe, biragaragara.”

Dr Vincent Biruta yavuze ko inzego z’Ibanze zaganirije abaturage bo mu bice byo ku mpiaka zikababwira uko ibintu byifashe kugira ngo barusheho kwitwararika mu gihe baba batekereza kujya muri DRC.

Ati “Ntawababwira ngo umutekano urizewe. Ibyo twarabibabwiye, ntabwo byaciye ku maradiyo ngo tujye gutanga amabwiriza yandi mu buryo bwa rusange kuko duhora twizeye ko ibibazo bishobora gucururuka ibibazo bikarangira ariko twabwiye bariya bo ku mipaka bakunze kwambuka bagiye mu bucuruzi hakurya muri DRC.”

Abasesengura ibibazo biherutse kuvuga hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko iyo ibibazo bivutse hagati y’ibi Bihugu, abaturage bavuga Ikinyarwanda bari muri Congo kabone nubwo baba ari Abanye-Congo, baba bagatowe.

Ibi kandi bishimangirwa n’imvugo z’urwango zavuzwe na bamwe mu bayobozi barimo Umukuru wa Polisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Gen Aba Van Ang yabasabye abaturage gufata imihoro bagatema Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, mu nama yakoresheje mu cyumweru gishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Next Post

Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Kirehe: Agahinda k'umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.