Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in Uncategorized
1
Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’abantu barindwi wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, umaze amezi abiri uba mu nzu y’ibiti bishinze na yo wubakiwe mu gikorwa cy’umuganda, ukabura ubushobozi bwo kwikorera ibisigaye.

Uyu muryango wa Ildephonse Karemera ubana n’umugore we n’abana batanu, umaze amezi abiri uba mu nzu y’ibiti bishinze byanashyizweho imbingo gusa idahomye.

Ildephonse Karemera yabwiye RADIOTV10 ko yagize ibyago inzu babagamo igasenywa n’ibiza, akiyambaza abaturanyi bakamukorera umuganda ariko na wo ukaza guhagarara.

Uyu muturage avuga ko uyu muganda wahagaze kuko yari yubatse inzu iruta iyo yabagamo mu gihe we avuga ko iyo yabagamo mbere yari ayitunze kuko yari afite umuryango w’abantu batanu ubu bakaba ari barindwi.

Uyu muturage avuga ko afite impungenge ko abana babo bashobora gukurizamo uburwayi kubera imbeho n’imibu irara ibarya.

Ati “Imbeho izana n’umubu ubwo na wo ukarara ubarya, wakubitiramo n’imbeho mbifitiye impungenge ko n’umusonga na wo wabafata.”

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko usa nk’uba hanze kandi ko nta bushobozi ufite ku buryo wakwikorera ibisigaye.

Bavuga ko uruhare rwabo barukoze kuko bakoze igikorwa cy’umuganda w’amaboko bakamushingira ibiti ndetse bakanamushyiriraho imbingo.

Umwe yagize ati “Twaraje dushinga ibiti, turaparata [gushyiraho imbingo] ariko isakaro nta sakaro afite, dore yibera hanze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigina, yavuze ko agiye gusura uyu muryango kugira ngo akurikirane ikibazo ufite.

Ati “Ndagenda murebe ndebe ikibazo afite hari n’igihe wasanga atari n’ibiza, bibaye ari inzu kuba yasaza igasenyuka twareba tukamubaza tuti ‘washobora iki natwe tukagukorera iki?’.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bongo says:
    4 years ago

    Gitifu w’ umurenge,gitifu w’ akagari bagerageze bamufazhe kbsa!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 15 =

Previous Post

Abajya gushakishiriza imibereho muri Congo bagaragaje agahinda kubera kutajyayo

Next Post

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.