Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Leta Zunze Ubumwe za America yinjiye mu bibazo bya DRCongo iyizeza ubufasha

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Leta Zunze Ubumwe za America yinjiye mu bibazo bya DRCongo iyizeza ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitabaje Leta Zunze Ubumwe za America ngo iyifashe guhangana n’imitwe y’iterabwoba n’ibindi bikorwa biyihungabanyiriza umutekano, bikomeje kurogoya inzira zatangijwe na Perezida Félix Tshisekedi, na yo iyizeza ubufasha buhagije.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yohereje intumwa i Washington zirimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula ndetse n’intumwa yihariye y’umukuru w’Igihugu, Serge Tshibangu.

Aba bayobozi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, bakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta wa USA, Anthony Blinken i Washington.

Baganiriye ku bibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse ngo n’ububafasha buturuka mu Bihugu by’abaturanyi ngo bitera inkunga imitwe irwanye ubutegetsi bwa DRC.

Aba bayobozi bo muri DRC Christophe Lutundula na Serge Tshibangu bamenyesheje Anthony Blinken ibikorwa byose byari byatangijwe na Félix Tshisekedi bigamije kuzana amahoro arambye mu Gihugu cye no mu karere.

Mu ijambo rye, Anthony Blinken yizeje DRC gukomeza ubufatanye mu kubungabunga amahoro, ubusugire ndetse n’urusobe rw’ibidukikije.

Yagize ati “Rero dufite byinshi dusanzwe dukora kandi tuzakomeza kubikora. Nanone kandi ndagira ngo tuganire ku buryo dushobora kubafasha mu bijyanye n’amahoro n’umutekano ndetse n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC biri guhura n’ibibazo muri iyi minsi. Kandi turifuza kubafasha bifatika mu mbaraga zigamije gukemura ibyo bibazo.”

Uyu mudipolomate wa Leta Zunze Ubumwe za America yaboneyeho gushimira imbaraga za dipolomasi zashyizweho z’ibiganiro biri kubera i Nairobi, avuga ko nizikurikizwa zizazana amahoro mu karere, yizeza ko USA izashyigikira iyi gahunda.

Aba bayobozi baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi banasabye ubuvugizi akana k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku Isi ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Nairobi muri Kenya igamije kurandura imitwe y’iterabwoba irimo na M23.

Kuva imirwano yakubura hagati y’Igisirikare cya Congo na M23 mu kwezi gushize, iki Gihugu cyakunze gushinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe wamaze kwemezwa nk’uw’iterabwoba, gusa u Rwanda rwo rwabyamaganiye kure dore ko ibirego nk’ibi atari bishya.

U Rwanda ruvuga ko rudashobora gushyigikira ibikorwa byo guhungabanya umutekano mu gihe ruzwiho ahubwo kugarura amahoro aho yabuze, rwo rwagaragaje ibikorwa by’ubushotoranyi byakozwe na Congo birimo kuba igisirikare cy’iki Gihugu cyararashe mu Rwanda inshuro ebyir mu mezi abiri gusa ndetse gifatanyije na FDLR kigashimuta abasirikare babiri barwo.

Leta Zunze Ubumwe za America zitabajwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu kwezi gushize kugezamo hagati, zari zatanze umuburo ku baturage bayo ko mu bice bimwe byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hashobora kuba ibitero by’iterabwoba.

Mu itangazo ryatambutse ku rubuga rw’Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryavugaga ko ibi bitero by’iterabwoba by’abataramenyekana bishobora kuba i Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubwo Anthony Blinken yakiraga aba bategetsi bo muri DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − seven =

Previous Post

Kigali: Abagore n’abakobwa 120 b’ibizungerezi binjye mu mwuga w’ubumotari

Next Post

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.