Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Leta Zunze Ubumwe za America yinjiye mu bibazo bya DRCongo iyizeza ubufasha

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Leta Zunze Ubumwe za America yinjiye mu bibazo bya DRCongo iyizeza ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitabaje Leta Zunze Ubumwe za America ngo iyifashe guhangana n’imitwe y’iterabwoba n’ibindi bikorwa biyihungabanyiriza umutekano, bikomeje kurogoya inzira zatangijwe na Perezida Félix Tshisekedi, na yo iyizeza ubufasha buhagije.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yohereje intumwa i Washington zirimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula ndetse n’intumwa yihariye y’umukuru w’Igihugu, Serge Tshibangu.

Aba bayobozi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, bakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta wa USA, Anthony Blinken i Washington.

Baganiriye ku bibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse ngo n’ububafasha buturuka mu Bihugu by’abaturanyi ngo bitera inkunga imitwe irwanye ubutegetsi bwa DRC.

Aba bayobozi bo muri DRC Christophe Lutundula na Serge Tshibangu bamenyesheje Anthony Blinken ibikorwa byose byari byatangijwe na Félix Tshisekedi bigamije kuzana amahoro arambye mu Gihugu cye no mu karere.

Mu ijambo rye, Anthony Blinken yizeje DRC gukomeza ubufatanye mu kubungabunga amahoro, ubusugire ndetse n’urusobe rw’ibidukikije.

Yagize ati “Rero dufite byinshi dusanzwe dukora kandi tuzakomeza kubikora. Nanone kandi ndagira ngo tuganire ku buryo dushobora kubafasha mu bijyanye n’amahoro n’umutekano ndetse n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC biri guhura n’ibibazo muri iyi minsi. Kandi turifuza kubafasha bifatika mu mbaraga zigamije gukemura ibyo bibazo.”

Uyu mudipolomate wa Leta Zunze Ubumwe za America yaboneyeho gushimira imbaraga za dipolomasi zashyizweho z’ibiganiro biri kubera i Nairobi, avuga ko nizikurikizwa zizazana amahoro mu karere, yizeza ko USA izashyigikira iyi gahunda.

Aba bayobozi baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi banasabye ubuvugizi akana k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku Isi ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Nairobi muri Kenya igamije kurandura imitwe y’iterabwoba irimo na M23.

Kuva imirwano yakubura hagati y’Igisirikare cya Congo na M23 mu kwezi gushize, iki Gihugu cyakunze gushinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe wamaze kwemezwa nk’uw’iterabwoba, gusa u Rwanda rwo rwabyamaganiye kure dore ko ibirego nk’ibi atari bishya.

U Rwanda ruvuga ko rudashobora gushyigikira ibikorwa byo guhungabanya umutekano mu gihe ruzwiho ahubwo kugarura amahoro aho yabuze, rwo rwagaragaje ibikorwa by’ubushotoranyi byakozwe na Congo birimo kuba igisirikare cy’iki Gihugu cyararashe mu Rwanda inshuro ebyir mu mezi abiri gusa ndetse gifatanyije na FDLR kigashimuta abasirikare babiri barwo.

Leta Zunze Ubumwe za America zitabajwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu kwezi gushize kugezamo hagati, zari zatanze umuburo ku baturage bayo ko mu bice bimwe byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hashobora kuba ibitero by’iterabwoba.

Mu itangazo ryatambutse ku rubuga rw’Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryavugaga ko ibi bitero by’iterabwoba by’abataramenyekana bishobora kuba i Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubwo Anthony Blinken yakiraga aba bategetsi bo muri DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − nine =

Previous Post

Kigali: Abagore n’abakobwa 120 b’ibizungerezi binjye mu mwuga w’ubumotari

Next Post

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.