Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in Uncategorized
0
Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro birara mu rutoki rw’umuturage wo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, batemagura insina zifite ibitoki bikiri bito, bazisiga aho baragenda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahabereye ubu bugizi bwa nabi mu Mudugudu wa Buranga muri aka Kagari ka Basa, yasanze insina zatemaguwe ari izari zifite ibitoti bitarera ku buryo uwazitemye atari agamije kwiba ibitoki kuko byose yanabisize biryamye hasi.

Uyu musaza witwa Ntawumenyumunsi Pascal watemewe insina, yabwiye RADIOTV1 ko abatemye izi ntsina ze babanje kuragira inka mu rutoki rwe.

Ati “Barangije kuragira inka, nkeka ko ibyo byakozwe mu ijoro bugiye gucya, bagiye gutaha birara mu rutoki, muri kureba uko imyana (insina zamaze kuzana ibitoki) bayigize bayitemye.”

Ntawumenyumunsi Pascal avuga ko uwatemeye izi nsina ze “nanjye ambonye ntabwo yansiga.”

Urugomo nk’uru si rushya muri aka gace kuko atari ubwa mbere habaye ibikorwa nk’ibi bikunze kwitirirwa aborozi b’Inka bakunze kwigabiza urutoki rw’abahinzi bagatemagura insina bakajya kuzigaburira Inka zabo.

Gusa abaturage bo muri aka gace, bavuga ko ubuyobozi bwabigizemo imbaraga nke kuko bakunze kumenyesha inzego ibi bibazo ariko bukabyirengagiza.

Umwe yagize ati “Tubifata nk’urugomo ariko ubuyobozi bubirebera kuko abayobozi baba banabibona ariko bakabura umwanzuro babifatira.”

Undi muturage avuga ko aborozi bo muri aka gace bafite ubwibone n’ubugome, ati “Babu bumva bataragira mu masambu yabo bakaragira mu masambu y’abandi.

Umunyamakuru yabajije Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Basa, Eric Rukundo, amubwira ko atiteguye kuvugana n’Itangazamakuru.

Muri aka Karere ka Rubavu hari bamwe mu borozi bakunze gutungwa agatoki n’abahinzi b’urutoki mu kuba ari bo ba nyirabayazana b’ibihombo bahura nabyo bitewe n’uko akenshi bakunze kwirara mu nsina zabo bakazitemagura kugira ngo babone ibyo bagaburira Inka zabo.

Ntawumenyumunsi Pascal ari mu gahinda

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − four =

Previous Post

Umunyamakurukazi w’Ikirangirire ku Isi wakiriye ba Obama yazanye mu Rwanda n’umugore we

Next Post

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w'Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.