Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in Uncategorized
0
Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro birara mu rutoki rw’umuturage wo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, batemagura insina zifite ibitoki bikiri bito, bazisiga aho baragenda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahabereye ubu bugizi bwa nabi mu Mudugudu wa Buranga muri aka Kagari ka Basa, yasanze insina zatemaguwe ari izari zifite ibitoti bitarera ku buryo uwazitemye atari agamije kwiba ibitoki kuko byose yanabisize biryamye hasi.

Uyu musaza witwa Ntawumenyumunsi Pascal watemewe insina, yabwiye RADIOTV1 ko abatemye izi ntsina ze babanje kuragira inka mu rutoki rwe.

Ati “Barangije kuragira inka, nkeka ko ibyo byakozwe mu ijoro bugiye gucya, bagiye gutaha birara mu rutoki, muri kureba uko imyana (insina zamaze kuzana ibitoki) bayigize bayitemye.”

Ntawumenyumunsi Pascal avuga ko uwatemeye izi nsina ze “nanjye ambonye ntabwo yansiga.”

Urugomo nk’uru si rushya muri aka gace kuko atari ubwa mbere habaye ibikorwa nk’ibi bikunze kwitirirwa aborozi b’Inka bakunze kwigabiza urutoki rw’abahinzi bagatemagura insina bakajya kuzigaburira Inka zabo.

Gusa abaturage bo muri aka gace, bavuga ko ubuyobozi bwabigizemo imbaraga nke kuko bakunze kumenyesha inzego ibi bibazo ariko bukabyirengagiza.

Umwe yagize ati “Tubifata nk’urugomo ariko ubuyobozi bubirebera kuko abayobozi baba banabibona ariko bakabura umwanzuro babifatira.”

Undi muturage avuga ko aborozi bo muri aka gace bafite ubwibone n’ubugome, ati “Babu bumva bataragira mu masambu yabo bakaragira mu masambu y’abandi.

Umunyamakuru yabajije Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Basa, Eric Rukundo, amubwira ko atiteguye kuvugana n’Itangazamakuru.

Muri aka Karere ka Rubavu hari bamwe mu borozi bakunze gutungwa agatoki n’abahinzi b’urutoki mu kuba ari bo ba nyirabayazana b’ibihombo bahura nabyo bitewe n’uko akenshi bakunze kwirara mu nsina zabo bakazitemagura kugira ngo babone ibyo bagaburira Inka zabo.

Ntawumenyumunsi Pascal ari mu gahinda

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 2 =

Previous Post

Umunyamakurukazi w’Ikirangirire ku Isi wakiriye ba Obama yazanye mu Rwanda n’umugore we

Next Post

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w'Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.