• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
18/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO, Uncategorized
0
Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira.

Mu kiciro cya kabiri cyasojwe mu mpera z’iki cyumweru, hatanzwe ibihembo bya miliyoni 36.

Ikipe ya Gakenke Ladies yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu bagore itsinze Rambura WFC ibitego bitatu kuri kimwe.

Gakenke Ladies yahembwe miliyoni 10 z’amanyarwanda, iya kabiri Rambura WFC ihembwa miliyoni 8, hahembwa kugeza ku makipe atandatu yose.

Umutoza wa Rambura WFC, Uwineza Nadia, yavuze ko yishimye cyane nubwo yatsinzwe.

Ati: “Nk’umunyabigwi wakinnye muri AS Kigali n’ikipe y’igihugu, ndishimye cyane nubwo ntsinzwe, kuko ari ubwa mbere mbonye ibi bintu. Twakiniraga ubuntu, none ubu umupira watunga umuntu. Ndashimira FERWAFA kuri ibi bihembo. Ikipe y’ikiciro cya kabiri mu bagore igahabwa miliyoni 10? Ntibisanzwe. Ababyeyi mubyumvireho mureke abana b’abakobwa bakine.”

Komiseri ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA, Niyitanga Desiré, yavuze ko bashaka guteza imbere umupira w’abagore, ku buryo hari amakipe azajya akina stade ikuzura nk’uko bigenda iyo APR FC yakinnye na Rayon Sports FC.

Rambura WFC na Gakenke Ladies zazamutse mu kiciro cya mbere zisimbuye AS Kigali na Nyagatare WFC zamanutse mu kiciro cya kabiri.

Mbere y’uyu mukino, Rambura WFC yari iyoboye urutonde n’amanota 11, Gakenke Ladies ari iya kabiri n’amanota 9.

Gakenke Ladies yasanze Rambura WFC ku kibuga cyayo iyitsinda ibitego bitatu kuri kimwe, ihita ifata umwanya wa mbere.

Usibye ibihembo bya miliyoni 36 byatanzwe mu kiciro cya kabiri, mu kiciro cya mbere hari hatanzwe ibihembo bya miliyoni 63 byo kuva ku ikipe ya mbere kugeza ku ya gatandatu.

Rayon Sports WFC yatwaye igikombe cya shampiyona mu kiciro cya mbere yegukanye miliyoni 20 z’amanyarwanda, Police WFC yabaye iya kabiri yegukanye miliyoni 15, iya gatatu itwara miliyoni 10.

Si mu bagore gusa bishimira ibihembo, kuko no mu bagabo ibihembo byariyongereye haba mu kiciro cya mbere no mu cya kabiri.

Igihembo cy’ikipe ya mbere mu kiciro cya mbere mu bagabo cyavuye kuri miliyoni 25 kigera kuri miliyoni 80 z’amanyarwanda.

Ikipe ya mbere mu kiciro cya kabiri yahembwe miliyoni 25, ubundi zahabwaga iya mbere yo mu cya mbere.

Ni ubwa mbere ibihembo bingana bitya bitanzwe mu mateka ya ruhago nyarwanda, kuko byose hamwe byageze kuri miliyoni 484 z’amanyarwanda.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Next Post

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.