Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Yarangiritse cyane

Share on FacebookShare on Twitter

Abana batandatu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bamaze imyaka ine bibana kuko batawe n’ababyeyi babo, basenyukiweho n’inzu babamo mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere bwari bwabizeje kubaha ubufasha burimo no kubasanira inzu.

Aba bana batawe n’ababyeyi muri 2018 icyo gihe umukuru yari afite imyaka 13 ari na we wahise afata inshingano zo kwita kuri barumuna be.

Kuva icyo gihe ubuyobozi bwagiye bubizeza ubufasha burimo no kubasanira inzu babagamo yari yarangiritse cyane yenda kubagwaho, gusa icyatunguye aba bana n’abaturanyi babo batahwemaga kubatabariza, bategereje ubufasha bw’ubuyobozi, amaso ahera mu kirere.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasubiraga ahatuye aba bana, yasanze iyi nzu yararushijeho kwangirika cyane kuko igikuta kimwe cyamaze kugwa.

Aba bana babanje kujya kubana na Nyirasenge ariko nyuma aza kubagarura muri iyo nzu yari yarasenyutse kuko yabonaga harimo imbogamizi ko bakomeza kuba iwe kuko na ho ari hato.

Nyirasenge w’aba bana yagize ati “Kubona abana batandatu barara ku buriri bumwe harimo uw’umukobwa w’imyaka 17, umwana w’umuhungu w’imyaka 15 bakarara ku buriri bumwe, nabonye bitashoboka, abahungu babiri mbavanamo, nza kuba mbagaruye muri iki kizu cyabo.”

Abaturanyi b’aba bana bavuga ko ubuyobozi bwabarangaranye kuko bwamenyeshejwe iki kibazo kuva cyera ariko bukomeza kubatera umugongo.

Umwe yagize ati “Ba Mudugudu barahageze, ba ASOC barahagera, hari n’igihe batubwiye ngo Minisitiri araza, turakubura dutegereza ko abayobozi baza turaheba kandi bari bazi ikibazo cy’aba bana.”

Aba baturanyi b’aba bana, bavuga ko batewe impungenge n’ubuzima bw’aba bana kuko iyi nzu ishobora kuzabahitana.

Undi yagize ati “Buriya iyi nzu ibaguyeho, twe abaturanyi ni twe twaba dufite ibibazo kuko natwe twabigenderamo kuko twaba tutarabitangiye ubuvugizi kare.”

Aba bana bavuga ko ubufasha bwihuse bifuza ari uko bakubakirwa iyi nzu yabo kandi bakaba banafashwa kubona ibibatunga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, aherutse kubwira RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge budafite ubushobozi bwo gufasha aba bana, icyakora ko hari ubufasha buherutse gutangwa n’ubuyobozi bw’Akarere n’abafatanyabikorwa bako.

Icyo gihe yari yagize ati “Ariko icyo turi gukora nk’Ubuyobozi bw’Umurenge muri iyi minsi tumaze kubiganiraho n’ubuyobozi bw’Akarere, hari ibyo badusabye gukora kugira ngo ari ibikoresho bakeneye ndetse n’ibijyanye no gusanirwa inzu, ubu twamaze kwandikira Akarere kugira ngo hashakishwe.”

Kuri iyi nshuro, Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagerageje kuvugana n’ubuyobozi haba ku rwego rw’Umurenge ndetse n’Akarere ariko hose ntibyakunze.

Muri aka Karere ka Rubavu hakunze kumvikana abaturage bashinja abayobozi uburangare cyane cyane iyo bigeze ku ngingo yo kugoboka abaturage nk’aba bana kuko iyo bagaragaje ikibazo bamwe mu bayobozi bakunze guseta ibirenge mu gutanga serivise zo kugoboka.

Aba bana babayeho mu buzima bushaririye
Umukuru muri bo avuga ko icya mbere bakeneye ari ugusanirwa inzu
Abaturanyi na bo barahangayitse

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

Next Post

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.