Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Yarangiritse cyane

Share on FacebookShare on Twitter

Abana batandatu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bamaze imyaka ine bibana kuko batawe n’ababyeyi babo, basenyukiweho n’inzu babamo mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere bwari bwabizeje kubaha ubufasha burimo no kubasanira inzu.

Aba bana batawe n’ababyeyi muri 2018 icyo gihe umukuru yari afite imyaka 13 ari na we wahise afata inshingano zo kwita kuri barumuna be.

Kuva icyo gihe ubuyobozi bwagiye bubizeza ubufasha burimo no kubasanira inzu babagamo yari yarangiritse cyane yenda kubagwaho, gusa icyatunguye aba bana n’abaturanyi babo batahwemaga kubatabariza, bategereje ubufasha bw’ubuyobozi, amaso ahera mu kirere.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasubiraga ahatuye aba bana, yasanze iyi nzu yararushijeho kwangirika cyane kuko igikuta kimwe cyamaze kugwa.

Aba bana babanje kujya kubana na Nyirasenge ariko nyuma aza kubagarura muri iyo nzu yari yarasenyutse kuko yabonaga harimo imbogamizi ko bakomeza kuba iwe kuko na ho ari hato.

Nyirasenge w’aba bana yagize ati “Kubona abana batandatu barara ku buriri bumwe harimo uw’umukobwa w’imyaka 17, umwana w’umuhungu w’imyaka 15 bakarara ku buriri bumwe, nabonye bitashoboka, abahungu babiri mbavanamo, nza kuba mbagaruye muri iki kizu cyabo.”

Abaturanyi b’aba bana bavuga ko ubuyobozi bwabarangaranye kuko bwamenyeshejwe iki kibazo kuva cyera ariko bukomeza kubatera umugongo.

Umwe yagize ati “Ba Mudugudu barahageze, ba ASOC barahagera, hari n’igihe batubwiye ngo Minisitiri araza, turakubura dutegereza ko abayobozi baza turaheba kandi bari bazi ikibazo cy’aba bana.”

Aba baturanyi b’aba bana, bavuga ko batewe impungenge n’ubuzima bw’aba bana kuko iyi nzu ishobora kuzabahitana.

Undi yagize ati “Buriya iyi nzu ibaguyeho, twe abaturanyi ni twe twaba dufite ibibazo kuko natwe twabigenderamo kuko twaba tutarabitangiye ubuvugizi kare.”

Aba bana bavuga ko ubufasha bwihuse bifuza ari uko bakubakirwa iyi nzu yabo kandi bakaba banafashwa kubona ibibatunga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, aherutse kubwira RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge budafite ubushobozi bwo gufasha aba bana, icyakora ko hari ubufasha buherutse gutangwa n’ubuyobozi bw’Akarere n’abafatanyabikorwa bako.

Icyo gihe yari yagize ati “Ariko icyo turi gukora nk’Ubuyobozi bw’Umurenge muri iyi minsi tumaze kubiganiraho n’ubuyobozi bw’Akarere, hari ibyo badusabye gukora kugira ngo ari ibikoresho bakeneye ndetse n’ibijyanye no gusanirwa inzu, ubu twamaze kwandikira Akarere kugira ngo hashakishwe.”

Kuri iyi nshuro, Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagerageje kuvugana n’ubuyobozi haba ku rwego rw’Umurenge ndetse n’Akarere ariko hose ntibyakunze.

Muri aka Karere ka Rubavu hakunze kumvikana abaturage bashinja abayobozi uburangare cyane cyane iyo bigeze ku ngingo yo kugoboka abaturage nk’aba bana kuko iyo bagaragaje ikibazo bamwe mu bayobozi bakunze guseta ibirenge mu gutanga serivise zo kugoboka.

Aba bana babayeho mu buzima bushaririye
Umukuru muri bo avuga ko icya mbere bakeneye ari ugusanirwa inzu
Abaturanyi na bo barahangayitse

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + one =

Previous Post

Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

Next Post

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.