Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

JIBU imaze iminsi ivugwaho gucuruza amazi atera ibicurane yafatiwe icyemezo gikomeye

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in MU RWANDA
0
JIBU imaze iminsi ivugwaho gucuruza amazi atera ibicurane yafatiwe icyemezo gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rutunganya rukanacuruza amazi yo kunywa ruzwi nka Jibu, ruri i Kanombe mu Karere ka Kicukiro, rwabaye ruhagaritswe kubera amazi yarwo atujuje ibipimo by’ubuziranenge.

Uru ruganda rufunzwe nyuma y’igihe gito kuri RADIOTV10 hakozwe inkuru ya bamwe mu baturage banywa amazi ya Jibu, bavuga ko adafutse kuko aba arimo imisenyi ndetse akanabatera ibicurane.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) cyahagaritse uru ruganda rwa Jibu rw’i Kanombe, kivuga ko cyafashe iki cyemezo nyuma y’ibizamini byakoriwe amazi rwatunganyaga.

Itangazo rya Rwanda FDA [Food and Drugs Authority], rivuga ko tariki 08 Kamena 2022 hakozwe ubugenzuzi bw’uru ruganda hagafatwa ibizamini bikajyanywa muri Laboratory.

Iri tangazo rimenyesha ubuyobozi bw’uru ruganda icyemezo cya FDA, rigira riti “Hakurikijwe ibyavuye mu bizamini byafashwe mu ruganda rwanyu ruherereye mu Murenge wa Kanombe, mu Kagari ka Kabeza, bigaragaza ko amazi yakoreweho ibizamini atujuje ibipimo by’ubuziranenge byemewe.”

Rigakomeza rivuga ko nyuma y’ibi “murasabwa gufunga uruganda rwanyu kandi ntimwerewe gukomeza gutunganya no gucuruza ibyo mucuruza ku isoko mbere yuko mubihererwa uburenganzira na Rwanda FDA.”

Bamwe mu basanzwe banywa amazi y’uru ruganda, bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko abagiraho ingaruka kuko hari abo atera indwara zo mu myanya y’ubuhumekero nk’ibicurane ndetse akaba arimo n’imyanda kuko harimo imisenyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + seven =

Previous Post

Huye: Uwemera ko yasambanyije umwana w’imyaka 7 abitewe n’amadayimoni na Primus yakatiwe

Next Post

Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC

Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.