Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi ukozanyaho na FARDC mu mirwano, werekanye ibikoresho bya FARDC na FDLR wafashe birimo imbunda, amasasu ndetse n’imodoka y’abasirikare bakuru.

Mu butumwa bw’amashusho bw’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma, yavuze ko yiyiziye ahabera imirwano kugira ngo “uyoboye urugamba abiyerekeye intwaro twafashe za FARDC.”

Muri aya mashusho ari ku mbuga nkoranyambaga za M23, umuyobozi w’urugamba w’uyu mutwe yerekana ibisasu bya rutura bafashe bizwi nka Mortier 82, ndetse n’imbunda zifashishwa mu kubirasa.

Ati “Ibi twabifatiye i Tchanzu, ibindi twabifatiye i Bunagana, ibi twabifashe mu mirwano y’iminsi itatu, ibi ni Mortier 60 twabifatiye i Kabindi.”

Maj Willy Ngoma uba ari kumwe n’uyu muyobozi w’urugamba, anerekana imodoka y’abayobozi ba FARDC yafashwe n’uyu mutwe.

Ageze kuri iyi modoka, asoma ibiba byanditseho ko ari imodoka iri mu bikorwa bya Gisirikare biri kubera muri Kivu ya Ruguru.

Maj Willy Ngoma ati “Ese murabona iyi yaravuye mu kigi Gihugu? Ese yavuye muri Burkina Faso? Iyi ni iya FARDC, twarayifashe.”

https://twitter.com/M23RDCONG0/status/1543104649334591488

Umutwe wa FARDC kandi wanyomoje ibyatangajwe na FARDC ko iki Gisirikare cya Congo kishe abarwanyi 27 ba M23 muri Teritwari ya Rutshuru.

Lt Col Guillaume Ndjije Kaiko, Umuvugizi w’Ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro bizwi nka Sokola 2, watangaje iby’uko FARDC yivuganye aba barwanyi ba M23, yanatangaje ko iki Gisirikare cy’Igihugu cyanafashe intwaro za M23 zirimo RPG ndetse n’imbunda z’intambara za AK47.

Uyu musirikare wa FARDC kandi yavuze ko banafashe ibikoresho bya M23 birimo iby’ubutabazi bw’ubuvuzi, ndetse n’ibindi bya gisirikare ngo byakorewe mu Rwanda.

Major Willy Ngoma, yavuze ko ibi byatangajwe na FARDC ari ibinyoma byambaye ubusa bigamije kuyobya rubanda n’ubuyobozi bw’Igihugu cyabo.

Uyu muvugizi wa M23 kandi yanyomoje ibyavuzwe n’uyu musirikare ko bakubise inshuro M23 ubu FARDC ikaba yafashe Ntamugenga iherutse gufatwa na M23, avuga ko FARDC idafite ubushobozi na buto bwo kuba yabatsimbura ahantu bafashe.

Yagize ati “Birababaje kubona nka Colonel avugamo ingabo z’u Rwanda bigaragaza ko atazi ibyo avuga, bataye imbunda zitandukanye harimo izikomeye zavuye mu Bushinwa zose zanditseho FARDC ubwo bazakomeza kuvuga ngo ziva hanze kandi ari bo baziduha.”

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, uvuga ko icyo ushaka ari uko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yagiranye n’uyu mutwe mu masezerano ya 2013.

Uyu mutwe kandi uvuga ko ufite ubushobozi bwo kurwana n’igisirikare icyo ari cyo cyose cyakwifashishwa mu kuwuhashya ariko ko FARDC yo ngo iri hasi cyane ndetse ko idakwiye no kuza kubahagarara imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − twelve =

Previous Post

U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye

Next Post

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.