Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi ukozanyaho na FARDC mu mirwano, werekanye ibikoresho bya FARDC na FDLR wafashe birimo imbunda, amasasu ndetse n’imodoka y’abasirikare bakuru.

Mu butumwa bw’amashusho bw’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma, yavuze ko yiyiziye ahabera imirwano kugira ngo “uyoboye urugamba abiyerekeye intwaro twafashe za FARDC.”

Muri aya mashusho ari ku mbuga nkoranyambaga za M23, umuyobozi w’urugamba w’uyu mutwe yerekana ibisasu bya rutura bafashe bizwi nka Mortier 82, ndetse n’imbunda zifashishwa mu kubirasa.

Ati “Ibi twabifatiye i Tchanzu, ibindi twabifatiye i Bunagana, ibi twabifashe mu mirwano y’iminsi itatu, ibi ni Mortier 60 twabifatiye i Kabindi.”

Maj Willy Ngoma uba ari kumwe n’uyu muyobozi w’urugamba, anerekana imodoka y’abayobozi ba FARDC yafashwe n’uyu mutwe.

Ageze kuri iyi modoka, asoma ibiba byanditseho ko ari imodoka iri mu bikorwa bya Gisirikare biri kubera muri Kivu ya Ruguru.

Maj Willy Ngoma ati “Ese murabona iyi yaravuye mu kigi Gihugu? Ese yavuye muri Burkina Faso? Iyi ni iya FARDC, twarayifashe.”

https://twitter.com/M23RDCONG0/status/1543104649334591488

Umutwe wa FARDC kandi wanyomoje ibyatangajwe na FARDC ko iki Gisirikare cya Congo kishe abarwanyi 27 ba M23 muri Teritwari ya Rutshuru.

Lt Col Guillaume Ndjije Kaiko, Umuvugizi w’Ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro bizwi nka Sokola 2, watangaje iby’uko FARDC yivuganye aba barwanyi ba M23, yanatangaje ko iki Gisirikare cy’Igihugu cyanafashe intwaro za M23 zirimo RPG ndetse n’imbunda z’intambara za AK47.

Uyu musirikare wa FARDC kandi yavuze ko banafashe ibikoresho bya M23 birimo iby’ubutabazi bw’ubuvuzi, ndetse n’ibindi bya gisirikare ngo byakorewe mu Rwanda.

Major Willy Ngoma, yavuze ko ibi byatangajwe na FARDC ari ibinyoma byambaye ubusa bigamije kuyobya rubanda n’ubuyobozi bw’Igihugu cyabo.

Uyu muvugizi wa M23 kandi yanyomoje ibyavuzwe n’uyu musirikare ko bakubise inshuro M23 ubu FARDC ikaba yafashe Ntamugenga iherutse gufatwa na M23, avuga ko FARDC idafite ubushobozi na buto bwo kuba yabatsimbura ahantu bafashe.

Yagize ati “Birababaje kubona nka Colonel avugamo ingabo z’u Rwanda bigaragaza ko atazi ibyo avuga, bataye imbunda zitandukanye harimo izikomeye zavuye mu Bushinwa zose zanditseho FARDC ubwo bazakomeza kuvuga ngo ziva hanze kandi ari bo baziduha.”

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, uvuga ko icyo ushaka ari uko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yagiranye n’uyu mutwe mu masezerano ya 2013.

Uyu mutwe kandi uvuga ko ufite ubushobozi bwo kurwana n’igisirikare icyo ari cyo cyose cyakwifashishwa mu kuwuhashya ariko ko FARDC yo ngo iri hasi cyane ndetse ko idakwiye no kuza kubahagarara imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye

Next Post

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.