Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in Uncategorized
0
Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRCongo, Patrick Muyaya yemeje ko Perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we Paul Kagame bazahurira muri Angola kuri uyu wa Gatatu bakaganira ku mwuka utari mwiza umaze iminsi uri hagati y’Ibihugu byombi.

Inkuru yo guhura kw’aba bakuru b’Ibihugu, yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022 ariko nta ruhande na rumwe rwari rwabitangaje mu buryo bweruye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yabwiye The Associated Press ko perezida Felix Tshisekedi azahura na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame muri Angola.

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya RDC yavuze ko Abakuru b’Ibihugu byombi bazahura kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Yagize ati “Bazaganira ku bikorwa by’ubushotoranyo bikorwa n’u Rwanda muri Congo.”

Patrick Muyaya wakunze kugaragara asoma ibyemezo byabaga byafashwe n’akanama k’ikirenga k’umutekano muri DRC kabaga kafatiye ibihano u Rwanda, yongeye kwemeza ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ati “Ni ibintu bidashidikanywaho.”

U Rwanda rwo rwahakanye ibi birego rushinjwa n’ubutegetsi bwa DRC, ruvuga kontaho ruhuriye n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022, yemeje ko ubutegetsi bwa Congo ahubwo ari bwo bufasha umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni im23.

Muyaya muri iki kiganiro yagiranye na The Associated Press, yahakanye ibi byo kuba DRC itera inkunga FDLR, ati “Ibyo byavuzwe mu myaka 20 ishize. Ni iyihe mpamvu Congo yabafasha kujya guhungabanya u Rwanda? Ibyo birego si ukuri.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

Next Post

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.