• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in Uncategorized
0
Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRCongo, Patrick Muyaya yemeje ko Perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we Paul Kagame bazahurira muri Angola kuri uyu wa Gatatu bakaganira ku mwuka utari mwiza umaze iminsi uri hagati y’Ibihugu byombi.

Inkuru yo guhura kw’aba bakuru b’Ibihugu, yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022 ariko nta ruhande na rumwe rwari rwabitangaje mu buryo bweruye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yabwiye The Associated Press ko perezida Felix Tshisekedi azahura na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame muri Angola.

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya RDC yavuze ko Abakuru b’Ibihugu byombi bazahura kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Yagize ati “Bazaganira ku bikorwa by’ubushotoranyo bikorwa n’u Rwanda muri Congo.”

Patrick Muyaya wakunze kugaragara asoma ibyemezo byabaga byafashwe n’akanama k’ikirenga k’umutekano muri DRC kabaga kafatiye ibihano u Rwanda, yongeye kwemeza ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ati “Ni ibintu bidashidikanywaho.”

U Rwanda rwo rwahakanye ibi birego rushinjwa n’ubutegetsi bwa DRC, ruvuga kontaho ruhuriye n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022, yemeje ko ubutegetsi bwa Congo ahubwo ari bwo bufasha umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni im23.

Muyaya muri iki kiganiro yagiranye na The Associated Press, yahakanye ibi byo kuba DRC itera inkunga FDLR, ati “Ibyo byavuzwe mu myaka 20 ishize. Ni iyihe mpamvu Congo yabafasha kujya guhungabanya u Rwanda? Ibyo birego si ukuri.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 4 =

Previous Post

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

Next Post

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.