Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in Uncategorized
0
Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRCongo, Patrick Muyaya yemeje ko Perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we Paul Kagame bazahurira muri Angola kuri uyu wa Gatatu bakaganira ku mwuka utari mwiza umaze iminsi uri hagati y’Ibihugu byombi.

Inkuru yo guhura kw’aba bakuru b’Ibihugu, yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022 ariko nta ruhande na rumwe rwari rwabitangaje mu buryo bweruye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yabwiye The Associated Press ko perezida Felix Tshisekedi azahura na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame muri Angola.

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya RDC yavuze ko Abakuru b’Ibihugu byombi bazahura kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Yagize ati “Bazaganira ku bikorwa by’ubushotoranyo bikorwa n’u Rwanda muri Congo.”

Patrick Muyaya wakunze kugaragara asoma ibyemezo byabaga byafashwe n’akanama k’ikirenga k’umutekano muri DRC kabaga kafatiye ibihano u Rwanda, yongeye kwemeza ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ati “Ni ibintu bidashidikanywaho.”

U Rwanda rwo rwahakanye ibi birego rushinjwa n’ubutegetsi bwa DRC, ruvuga kontaho ruhuriye n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022, yemeje ko ubutegetsi bwa Congo ahubwo ari bwo bufasha umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni im23.

Muyaya muri iki kiganiro yagiranye na The Associated Press, yahakanye ibi byo kuba DRC itera inkunga FDLR, ati “Ibyo byavuzwe mu myaka 20 ishize. Ni iyihe mpamvu Congo yabafasha kujya guhungabanya u Rwanda? Ibyo birego si ukuri.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 15 =

Previous Post

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

Next Post

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.