Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Derrick Mutambuka uzwi nka DJ Dizzo, wavuze ko yabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho agasaba ubufasha bwo kuza kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda, bwa mbere yavuze ku byo amaze iminsi avugwaho ko yabeshye agamije kubona uko agaruka mu Rwanda.

Ibi byatangajwe nyuma yuko hatahuwe ko yigeze gukatirwa igifungo cy’imyaka icyenda (9) n’Inkiko zo mu Bwongereza kubera gufata ku ngufu abagore babiri, aho bamwe bavugaga ko biriya yabitangaje kugira ngo uko agaruka mu Rwanda.

Uyu muvangamiziki yashyize hanze itangazo rigenewe Abanyamakuru, atanga ibisobanuro kuri ibi yavuzweho, yemera ko yakatiwe koko nyuma yuko inkiko zimuhamije icyaha cyo gufata ku ngufu.

Muri iri tangazo yagize ati “Ibi ni ukuri. Igihe nari mfite imyaka 16, nahuye n’ikibazo cyatumye nisanga muri Gereza i Newcastle mu Bwongereza.”

Uyu musore akomeza ahakana ko atigeze afata ku ngufu nubwo yabihamijwe, ati “Ariko urukiko rwankatiye gufungwa imyaka icyenda muri Gereza.”

Akomeza avuga ko inkiko zamuhamije ibi byaha kuko abo bagore babiri bamushinjaga iki cyaha, batangirwaga ubuhamya n’abo mu miryango yabo, kandi we akaba atari afite uburyo bwo kubona ubwunganizi bw’amategeko buhagije ahubwo ko yahawe ubufasha bw’abunganizi buhabwa abatishoboye.

Yavuze ko ibyo byose ndetse no kuba yari umwimukira akaba n’umwirabura byatumye akatirwa iriya myaka icyenda ariko ko yamaze imyaka ine akaza kurekurwa tariki 23 Ukuboza 2019 hashize imyaka ine kuko yari yaritwaye neza.

Yagarutse ku burwayi bwa Cancer, avuga ko yarekuwe baramaze kumubonamo ubu burwayi kuko babumusanzemo akiri muri gereza.

Yashimangiye ko iyi ndwara ya Cancer yari imaze gukomeza gukura ndetse ko muri muri Mata uyu mwaka wa 2022 ari bwo abaganga bamweruriye ko atazakira ndetse ko asigaje amezi atatu yo kubaho.

Abari bamaze iminsi batera amabuye uyu musore, bavuga ko yabeshye iby’uburwayi bwe ndetse bakavuga ko n’igihe yavuze ko agomba kumara ku Isi, cyarenze, bakavuga ko bishimangira icyo kinyoma cye cy’amaco y’inda yo kuva mu Bwongereza kubera ibyo yahakoze.

Yavuze ko ibyatangajwe n’abaganga hari igihe bitagenda uko babivuze 100%, ati “Igihe cyo kubaho gishobora kuba kigufi cyangwa kikaba kirekire ugereranyije n’ibyatangajwe n’abaganga.”

Muri iri tangazo, Dj Dizzo yasoje avuga ko yifuza ko igihe asigaje ku isi cyaba gito cyangwa kinini, yakimara ari mu munezero.

DJ Dizzo yasobanuye birambuye ku gihano yakatiwe mu Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 17 =

Previous Post

Rwanda&DRC: Icyo imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ivuga kuri M23

Next Post

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.