Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wa Paul Rusesabagina witwa Carine Kanimba wakunze kuvuga ko Guverinoma y’u Rwanda imwinjirira muri telefone ye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Pegasus, aritaba agashami gashinzwe iby’iperereza mu Ntego ishinga Amategeko ya USA kugira ngo agahe ubuhamya.

Biteganyijwe ko Carine Kanimba aritaba iyi komisiyo kuri uyu wa Gatatu nkuko tubikesha ikinyamakuru The Hill.

Uyu mukorwa wa Paul Rusesabagina aritaba iyi komisiyo kugira ngo ayisobanurire ibijyanye n’ibitero by’ikoranabuhanga avuga ko agabwaho na Guverinoma y’u Rwanda bigamije kumuneka no gukurikirana abantu bose bavugana na we n’imigambi ye yose.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko idakoresha iri koranabuhanga rihambaye rya Pegasus ryifashishwa mu kuneka abantu.

Mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize 2021, mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA, yagize ati “Ku bibaza rero niba dukoresha Pegasus tuneka abandi, igisubizo mbaha ni ‘OYA’ mu nyuguti nkuru, kandi si ubwa mbere tubibabwira. Twanababwiye ko hari abakoresha ririya koranabuhanga banabyiyemerera, ariko twe twababwiye ko nta Pegasus dufite nta n’ubwo tuyikoresha.”

Carine Kanimba witaba iyi komisiyo, yakunze kugaragaza kenshi ko umubyeyi we Paul Rusesabagina arengana ndetse ko yagejejwe mu Rwanda ashimuswe.

Muri Gashyantare 2021 ni bwo bwa mbere havuzwe ko u Rwanda rwifashisha iri koranabuhanga mu kuneka uyu mukobwa ndetse ko ngo rwatangiye kumuneka nyuma y’ukwezi kumwe Rusesabagina afashwe.

Uyu mukobwa w’imyaka 29 y’amavuko avuga ko telephone ye yagiye yinjirirwa mu nama zitandukanye ndetse no mu biganiro yagiranaga n’abayobozi bo mu Bihugu bitandukanye byabaga bigamije gusaba ubuvugizi bwo kurekura umubyeyi we.

Mu kiganiro yagiranye na The Hill kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko iri koranabuhanga rya Pegasus ryifashishwa “mu kibangamira intungane ku byo bashaka byose ku bari ku butaka bwa Amerika kandi nit we turitera inkunga. Kandi rishobora kugira ingaruka, nizeye ko Inteko Ishinga Amategeko ibyinjiramo ikabikurikirana.”

Kanimba aragaragara muri iki kiganiro cy’Inteko Ishinga Amategeko kigamije kwiga ku mbogamizi zishobora kubangamira inzego z’umutekano za Leta Zunze Ubumwe za America, aho yatumiwe nk’umutangabuhamya wagabweho ibitero by’iryo koranabuhanga.

Iyi komisiyo iza kumva Kanimba kuri uyu wa Gatatu, iranumva umushakashatsi kabuhariwe mu kigo kizwi nka Citizen Lab, John Scott-Railton.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + six =

Previous Post

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Next Post

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Related Posts

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

by radiotv10
14/04/2026
0

In today’s fast-moving digital economy, saving money is no longer limited to traditional banking. With the rise of mobile financial...

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

by radiotv10
14/04/2026
0

Mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara barokokeye mu cyahoze ari...

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

IZIHERUKA

Money or Passion: What should we follow in 2025?
MU RWANDA

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

by radiotv10
14/04/2026
0

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

14/04/2026
Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

13/04/2026
Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.